RFL
Kigali

David Villa yatangaje igihe azasoza umwuga wo gukina umupira w’amaguru

Yanditswe na: Editor
Taliki:13/11/2019 16:33
0


Rutahizamu ukomoka mu gihugu cya Espagne wamenyekanye muri FC Barcelona, kuri ubu ukinira Vissel Kobe yo mu buyapani David Villa Sanchez yatangaje ko ubwo shampiyona yo mu buyapani izaba isojwe mu kwezi gutaha kwa 12, ndetse n’igikombe cy’igihugu kizasozwa muri Mutarama azahita amanika inkweto asezere burundu ku mupira w’amaguru.




David Villa ntazava mu mitwe yabanya Espagne kuko yabaheshije igikombe cy'isi 2010

David Villa w’imyaka 37 y’amavuko uri gukina umwaka we wa mbere muri shampiyona y’ubushinwa ibura iminkino itatu gusa ngo isozwe, hazahita hakurikiraho imikino ya ½ mu gikombe cy’igihugu kizwi nka Emporor’s Cup nikirangira ubundi asezere ku mugaragaro kutazongera gukina umupira w’amaguru.

Mu kiganiro n’itangazamakuru cyabaye kuri uyu wa gatatu David Villa yavuze ko yabitekerejeho igihe kirekire ari kumwe n’umuryango we ndetse n’inshuti ze zimuhora hafi kugira ngo ategure umunsi ukomeye nk’uyu kandi ngo ntuzaba umutunguye yafashe umwanya urambuye wo kuwutegura.

Yagize ati” Nabitekerejeho igihe kirekire, uyu musaruro ni umwanzuro nafashe ndi kumwe n’umuryango wange ndetse n’inshuti zange zimba hafi igihe cyose, ndashaka gusezera ku mupira w’amaguru bitari uguhatirizwa kuwusezera, ahubwo biri mu bushake bwange. Yego biri mu ntego zange kuzabanza ngatwarana igikombe cya Emperor’s cup n’ikipe yange ya Vissel Kobe mu kwezi kwa mbere”.

David Villa amaze imyaka 19 yose akina umupira w’amaguru, yatangiriye mu gihugu cya Espagne  mu ikipe ya Sporting Gidjon, mbere yuko yerekeza muri Zaragoza, ahava ajya muri Valencia naho atatinze yerekeza muri FC Barcelone yandikiye amateka akomeye isi yose imwibukiraho kuri ubu. Nyuma y’imyaka itatu  yavuye muri FC Barcelone yerekeza muri Atletico Madrid yamaze imyaka ine, azakuhava yerekeza muri MLS muri Leta Zunze ubumwe za Amerika naho yavuye ajya muri Shampiyona y’ubuyapani agiye gusoreza umwuga wo gukina umupira w’amaguru.

Ari mu gihugu cya Espagne David Villa yatwaranye na FC Barcelone ibikombe hafi ya byose kuko yatwaranye nayo igikombe cya shampiyona, igikombe cy’umwami, Supercopa espagna, UEFA Champions League 3, UEFA Super Cup na FIFA Club World Cup. Yongera gutwarana na Atletico Madrid igikombe cya Shampiyona. Mu ikipe y’igihugu ya Espagne David Villa ahafite amateka meza kuko yatwaranye nayo igikombe cy’uburayi muri 2008 ndetse n’igikombe cy’ Isi muri 2010.

Nk’umukinnyi ku giti cye David Villa yahembwe inshuro nyinshi ahabwa ibihembo bitandukanye birimo kuba umukinnyi mwiza w’umwaka muri Espagne, muri Leta Zunze ubumwe za Amerika, ndetse n’ibihembo yahawe mu mikino y’igikombe cy’isi n’ibindi.

Muri rusange Villa amaze gukina imikino 752 mu makipe atandukanye yakiniye mu buzima bwe amaze gutsinda ibitego 376. Mu ikipe y’igihugu ya Espagne yakinnye imikino 98 atsinda ibitego 59.





Umwanditsi – SAFARI Garcon – inyarwanda.com






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND