RFL
Kigali

Nyuma ya Namenye neza, Korali Holy Nation basohoye indi ndirimbo nziza cyane bise "Baba Nakuamini"-VIDEO

Yanditswe na: Liliane Kaliza
Taliki:11/11/2019 12:29
0


Korali Holy Nation ibarizwa muri ADEPR Gatenga, yamenyekanye cyane mu mujyi wa Kigali ndetse no hanze yawo by’umwihariko muri ADEPR, imaze gushyira hanze indirimbo nshya iri mu rurimi rw’igiswahili bise “Baba Nakuamini”



Iyi ni indirimbo isohokanye n’amashusho yayo abereye ijisho irimo ubutumwa bwiza kandi bwibutsa abantu ko Imana ari iyo kwizerwa. Mu kiganiro twagiranye n’umuyobozi w’iyi korali RUZIBIZA Athanase, avuga  bishimiye gusohora indirimbo nshya (Audio& Video) mu rwego rwo kwibutsa abantu ko Imana ari iyo kwizerwa ibihe byose ati”Uyu munsi tunejejwe n'Imana mu mitima yacu no kubibutsa ko Imana yacu ari yo yonyine yo kwizerwa”


Ku bijyanye no kuba iyi ndirimbo iri mu rurimi rw’igiswahili, Athanase avuga ko impamvu bahisemo gukora indirimbo ziri mu zindi ndimi, ari ukugirango indirimbo zabo zirenge imipaka y’u Rwanda  n’abumva igiswahili bamenye neza ko Imana ari iyo kwizerwa ibihe byose ati” Turifuza ko indirimbo zacu zirenga imipaka y’igihugu cyacu zikagera kure bityo n’ubutumwa bwiza bukamamara bukagera no ku batumva Ikinyarwanda, ntabwo ari igiswahili gusa turateganya gukora n’izindi ziri mu cyongereza no mu gifaransa mu rwego rwo kwamamaza Kristo.

KANDA HANO UREBE IYI NDIRIMBO BABA NAKUAMINI






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND