Abanyarwenya banyuranye barimo Michel Gohou ukomoka muri Côte d'Ivoire nibo basoje iserukiramuco ry’urwenya rya Caravane de Rire ryaranzwe n’ibitwenge byinshi.
“Caravane de Rire”
yabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu byari ku munsi wayo wa kabiri, ikaba
yari iyobowe n’abanyarwenya bo muri Comedy Knights ari bo Babou na Micheal
Sengazi.
Aho yabereye mu ihema
ry’Akagera muri Kigali Conference and Exhibition Village, ubwitabire bw’abakunda
guseka bwari buri ku kigero cyiza kuko intebe nyinshi zari zateguwe zari zifite
abazicayemo.
Abanyarwenya barimo aba
Daymakers [Japhet na Etienne 5K] bari mu bakunzwe cyane mu Rwanda basekeje
benshi ubwo bateraga urwenya ku bakobwa iyo abasore babambitse impeta babasaba
kubana.
Abantu bakwenkwenutse
ubwo berekanaga uburyo buri mukobwa wese akwiye kujya yishima bitewe n’akazi
asanzwe akora.
Bavuze kandi ku
mikoranire y’abahanzi baririmba indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana n’izisanzwe
bagaragaza uko byaba bimeze Aline Gahongayire akoranye indirimbo na Bushali,
Theo Bosebabireba na Bull Dogg, Israel Mbonyi na Igisupusupu n’abandi.
Joyeux Kabodjo wo muri
Repubulika Iharanira Demukarasi ya Kongo urwenya rwe rwibanze ku kugereranya
igihugu cye n’u Rwanda aho yavuze ko yatunguwe n’uburyo umuntu ashobora
gufungwa kuko ataye ishahi cyangwa yihagaritse ku muhanda mu gihe ibyo iwabo
bitahaba.
Yavuze ku mikorere y’abapolisi
bo mu Rwanda bakora amasaha 24 mu gihe ab’iwabo bakora nka banki zo mu Rwanda. Saa
kumi n’imwe iyo zigeze nabo bajya kuruhuka ku buryo umweretse umujura ugusekera
aho kugufasha kumukurikirana.
Umunyarwenya wo mu
Burundi yashimishije abantu benshi n’ubwo yakunze no guhura n’ikibazo cy’umuriro
w’amashanyarazi wagiye inshuro ebyiri ari ku kabuga.
Yateye urwenya ku
itandukaniro ry’abana bavuga igifaransa n’abavuga ikinyarwanda cyangwa
ikirundi. Abavuga igifaransa ngo n’iyo yaba avuga ibintu bibi byumvikana neza
cyane.
Yagereranyije imico y’Abarundi
n’Abanyarwanda agaragaza uko abanyarwanda babyina neza ariko nabo bakarushwa n’abarundi
kuvuza ingoma.
Umunyarwenya wo muri Guinee,
Oumar Mane, nawe yibanze ku Rwanda nk’aho yagaragaje ko akunda umuco warwo
ndetse akabyina indirimbo ya Cecile Kayirebwa. Yavuze ko u Rwanda ari cyo
gihugu abatwara ibinyabiziga bakoresha umuvuduko muke cyane ku buryo bamwe baba
bafite inzozi zo kuzatwara bagendera ku muvuduko km60 ku isaha.
Michel Gohou wasoje iki
gitaramo yateye urwenya avuga uko ururimi rw’iwabo hari amagambo bagira
avugitse nk’ay’igishinwa, ku buryo hari ayo umuntu ashobora gukoresha azi ko
avuze neza bikarangira akubiswe.
Iri serukiramuco riterwa inkunga ni uruganda SKOL Brewery binyuze mu kinyobwa cyayo kiri mu birango bishya cya Skol Lager, biteganyijwe ko rizabera no mu Burundi na RDC.
Umunyarwenya Micehl Gohou yasangaga abantu mu myanya yabo
Michel Gohou ni umunyarwenya ukomeye
Joyeux wo muri DRC yigaragaje cyane
Umunyarwenya Kigingi yasekeje abantu bajya hasiOumar Mane yabyinnye bya Kinyarwanda
Clapton Kibonke nawe ari mu banyarwenya basekeje abantu
5K Etienne na Japhet basekeje abantu berekana uko batera ivi
Joshua yanyuzagamo agaha ijambo n'abafana
Abanyarwenya ba Zubby Comedy bazi gusetsa cyane
Utasetse ni utahageze
Umuhanzi Yvan Buravan yari ahari
N'abanyamahanga bari basetse
TANGA IGITECYEREZO