Rutahizamu w’umunya Gabon Pierre Emerick Aubameyang niwe wahawe inshingano zo kuyobora bagenzi be mu kibuga mu ikipe ya Arsenal nyuma yuko uwari kapiteni w’iyi kipe Granit Xhaka yambuwe ubu burenganzi kubera imyitwarire mibi yagaragaje ku mukino Arsenal yanganyije na Crystal Palace ibitego 2-2.
Nyuma yuko abafana ba
Arsenal bagaragaje ko batishimiye imyitwarire ya Granit Xhaka ku mukino wa
Crystal Palace yasohotse mu kibuga anabatutse, maze nabo bakajya ku mbuga
nkoranyamaba bamubwira amagambo ateye ubwoba yuzuyemo urugomo, nawe agaca bugufi
akabasaba imbabazi ababwira ko yabitewe n’umujinya, ntacyo byahinduye ku
cyifuzo cyari cyatanzwe n’abafana benshi ba Arsenal cyo kumwambura igitambaro
cy’ubukapiteni.
Kuri
uyu wa Gatatu umutoza Unai Emery yatangaje ko Kapiteni mushya w’ ikipe ya
Arsenal ari Pierre-Emerick Aubameyang. Aganira n’itangazamakuru
Emery yagize ati: "Ubu dufite aba kapiteni bane muri Arsenal, Aubameyang,
Hector Berlin, Lacazette na Ozil gusa uwa mbere ni Aubameyang Granit Xhaka
twaganiriye muri iki gitondo mubwira ko atakiri Kapiteni wa Arsenal ariko
tugikeneye uruhare rwe mu kibuga, kandi yanyumvise yubashye umwanzuro wafashwe”.
Granit Xhaka ntari mu bakinnyi bifashishwa uyu
munsi ku mukino wa Europa League Arsena iza gukina na Vitoria Guimaraes, umukino
uteganijwe kubera muri Portugal.
Ikipe ya Arsenal iri ku
mwanya wa Gatanu n’amanota ku rutonde rwa Shampiyona y’ubwongereza. Iyi
kipe ikaba iri kwitegura umukino ukomeye ku wa gatandatu bazakina n’ikipe ya
Leicester City iri ku mwanya wa gatatu muri shampiyona kuri ubu.
Xhaka yambuwe igitambaro cy'ubukapiteni kubera imyitwarire mibi
Aubameyange yahise ahabwa inshingano zo kuyobora bagenzi be nka kapiteni
Umwanditsi – SAFARI Garcon –
inyarwanda.com
TANGA IGITECYEREZO