Mu mpera z’icyumweru hakinwaga umunsi wa 7 muri ‘Rwanda Premier League’, umunsi wabonetsemo ibitego byinshi kuva shampiyona yuyu mwaka yatangira, umukino wa Bugesera na AS Muhanga ubonekamo ibitego byinshi bitari byigeze bibaho mu myaka itatu ishize, Tchabalala na Antoine Dominique batsinda ‘Hat-trick’ za mbere muri uyu mwaka.
Umunsi wa Karindwi muri ‘Rwanda
Premier League’ wakinwe ku wa gatandatu no ku yumweru, niwo munsi watsinzwemo ibitego
byinshi kuva shampiyona y’umwaka w’imikino wa 2019-2020 yatangira. Mu mikino
umunani yakinwe hatsinzwemo ibitego 27. Umukino umwe niwo wagaragayemo kunganya
mu gihe imikino irindwi amakipe yatsindanye.
Mu makipe umunani yari
yakiriye Etincelle niyo yonyine yatsindiwe mu rugo ubwo hakinwaga ‘Derby’ yo mu
burengerazuba, umukino warangiye Marine Fc itsinze Etincelle igitego 1-0, uyu
mukino Etincelle yawurangije ari abakinnyi 10 nyuma yuko musore wabo abonye
ikarita itukura umukino ugana ku musozo mu minota y’inyongera.
Umukino wabereye i Nyamata
Bugesera Fc yari mu rugo bigoranye yatsinze AS Muhanga ibitego 5-4, ubwo mu
mukino wose hatsindwa ibitego 9. Uyu niwo mukino wabonetsemo ibitego byinshi
kuva shampiyona yatangira gukinwa muri uyu mwaka, akaba ari nawo mukino
wabonetsemo ibitego byinshi mu myaka itatu ishize.
Hat-trick za mbere muri
uyu mwaka zarabonetse mu mikino ibiri, ku mukino wa Bugesera na AS Muhanga
Hussein Tchabalala yatsinze ibitego bitatu wenyine mu bitego bitanu Bugesera
yatsinze, Ku mukino wa Police Fc na AS Kigali warangiye Police Fc itsinze
ibitego 3-0, byose byatsinzwe na Ndayishimiye Antoine Dominique.
Umukino Rayon Sports
yanganyije na Musanze Fc wuzuzaga imikino itatu yikurikiranya Rayon Sports
itabona amanota atatu kuko yatsinzwe umukino umwe inganya indi mikino ibiri.
Bwa mbere muri uyu mwaka w’imikino
ikipe ya Espoir yakiniye ku kibuga cyabo cya ‘Kamarampaka’ mu mukino bakiriye
Gasogi United banawitwaramo neza nyuma yo kuyitsinda ibitego 3-2, maze iyi kipe
yongera gususurutsa abanya Rusizi bari bamaze iminsi itari micye bari mu
bwigunge bwo kutabona ikipe yabo ku kibuga cyabo.
Umukino w’itabiriwe
kurusha indi ni uwahuje APR Fc na Mukura, kubera ko abafana b’amakipe yombi
ndetse n’abakunzi b’umupira w’amaguru bari ku kibuga ari benshi ugereranyije n’abandi
bagaragaye ku bindi bibuga.
Igitego kimwe APR Fc
yatsinze Mukura cyatumye yisubiza umwanya wa mbere aho ifite amanota 17,
igakurikirwa na Police Fc ifite amanota 15 mu gihe Rayon sports yasigaye inyuma
aho kuri ubu irushwa na APR Fc bahora bahanganiye igikombe amanota atanu.
Umwanditsi – SAFARI Garcon
– inyarwanda.com
TANGA IGITECYEREZO