Nyuma y'uko mu mu mpera z’icyumweru gishize hasojwe imikino yo mu ijonjora rya nyuma mu gushaka tike ya CHAN 2020, ibihugu 3 byo mu karere ka Afrika y’Iburasirazuba byisanze mu bihugu 16 bizahatanira iki gikombe kizabera muri Cameroon mu mwaka wa 2020.
Morocco ni yo ifite igikombe cya CHAN cy'umwaka ushize nyuma yo gutsinda Nigeria 4-0
Ibihugu byo muri Afrika
y’Iburasirazuba byabonye tike yo kuzahatanira igikombe cya CHAN 2020’ ni u
Rwanda, Uganda na Tanzania. Igihugu cya Tanzania cyabonye itike nyuma yo
gusezerera Sudan yari mu rugo iyitsinze ibitego 2-1 mu mukino wo kwishyura, mu
gihe umukino ubanza wabereye muri Tanzania nabo bari batsindiwe mu rugo igitego
1-0, bihita biba 2-2 mu mikino yombi ariko Tanzania iba ikipe yatsindiye
ibitego byinshi hanze.
Igihugu cya Uganda
cyabonye itike nyuma yo kwandagaza abaturanyi babo b'abarundi babatsinze ibitego
6 ku busa mu mikino yombi kuko umukino wabereye i Bujumbura abarundi batsindiwe mu rugo
ibitego 3-0, banagiye muri Uganda naho bahatsindirwa ibitego 3-0.
U Rwanda rwasezereye
Ethiopia ku kinyuranyo cy’ibitego 2-1 mu mikino yombi, nyuma yo kunganya mu
mukino wo kwishyura wabereye i Kigali igitego 1-1, ariko u Rwanda rukaba rwari
rwaratsindiye Ethiopia iwayo igitego 1-0.
Ikipe y’igihugu ya Uganda igiye gukina iri
rushanwa ku nshuro ya 5, iri mu makipe y’ibihugu amaze kwitabira CHAN inshuro
nyinshi kurusha ayandi, kuva ryatangira muri 2009 n’ubwo batararenga na rimwe
amajonjora. Mu gihe u Rwanda iyi ari inshuro ya 4 rwitabiriye irushanwa rya
CHAN, kure rwageze ni muri ¼ muri 2016 mu irushanwa ryabereye mu Rwanda. Libya
niyo kipe y’igihugu yonyine itazagaragara muri CHAN ya 2020 mu makipe yose
amaze kwegukana iri rushanwa, ikaba yakuwemo na Tunisia ifite CHAN ya 2011.
Iri rushanwa biteganyijwe ko rizatangira hagati mu kwezi kwa mbere no mu ntangiriro
z’ukwezi kwa 2 mu mwaka utaha, rikaba ritazagaragaramo ibihugu by’ubukombe kuri
uyu mugabane mu mupira w’amaguru birimo Nigeria
na Cote d’Ivoire.
Ibihugu 16 Bizakina
CHAN ya 2020:
Tombola y’uko amakipe azaba
agabanyije mu matsinda iteganyijwe kuba mu kwezi kwa 11 ikazabera muri Cameroon.
Umwanditsi – SAFARI Garcon
– inyarwanda.com
TANGA IGITECYEREZO