RFL
Kigali

Ibitego 2 Sugira Ernest yatsinze Ethiopia mu mikino yombi bifashije u Rwanda kubona itike ya CHAN 2020

Yanditswe na: Editor
Taliki:19/10/2019 23:07
2


Igitego cya Sugira Ernest yatsinze ku munota wa 83’, cyahesheje u Rwanda kuzakina imikino ya nyuma mu gikombe cya Africa cy’abakinnyi bakina imbere mu bihugu byabo (CHAN 2020) izabera muri Cameroun nyuma yo gusezerera Ethiopia kuri stade ya Kigali, ku kinyuranyo cy’ibitego 2 by’u Rwanda kuri 1 cya Ethiopia mu mikino yombi.




Sugira Ernest yagoye ubwugarizi bwa Ethiopia guhera ku munota wa mbere kugeza ku wa nyuma

Wari umukino wo kwishyura waberaga mu Rwanda mu mikino yo gushaka itike y’imikino ya nyuma y’igikombe cya CHAN 2020, nyuma yuko umukino ubanza wabereye muri Ethiopia, u Rwanda rwari rwitwaye neza rutsindira Ethiopia imbere y’abafana bayo igitego kimwe ku busa cyatsinzwe na Sugira Ernest.


U Rwanda rwari rufite abafana baturutse imihanda yose

Mu mukino wo kwishyura, ikipe y’igihugu ya Ethiopia byayisabaga gutsinda Amavubi y’u Rwanda ibitego birenze kimwe kugira ngo  bizere itike yo kujya muri Cameroun. Byari akazi gakomeye ku mutoza Abraham Mebratu n’abasore be kuza kwikura kuri stade ya Kigali yari yuzuye abafana b’ikipe y’igihugu y’u Rwanda.

Ni umukino watangiye ukinirwa mu kibuga hagati cyane ari nabyo byaranze igice cya mbere cy’umukino, ikipe y’igihugu ya Ethiopia niyo yihariye guhererekanya umupira mu kibuga hagati ikagenda ihusha uburyo bwinshi bwagombaga kubyara ibitego, bidatandukanye cyane n’ibyabaye mu mukino ubanza wabereye muri Ethiopia. Gusa ari mu minota ya nyuma y’igice cya mbere u Rwanda rwagarutse mu mukino Sugira Ernest ahusha uburyo bw’igitego, igice cya mbere kirangira amakipe anganya.

Mu gice cya kabiri cy’umukino Ethiopia n'ubundi yakomeje kwiharira umupira inasatira izamu ry’u Rwanda, maze ubwugarizi butangira gukora amakosa. Ku munota wa 72’ w’umukino  Manzi Thierry yahaye nabi umupira umunyezamu Kimenyi Yves usanga rutahizamu wa Ethiopia Lemene Mesfin Tafessa yawukurikiye ahita atsinda igitego.

Nyuma yo kwinjizwa  igitego umutoza w’ikipe y’u Rwanda Mashami  Vincent yahise yinjiza Iranzi Jean Claude asimbura Niyonzima Olivier Sefu, Iyabivuze Osee asimbura Imanishimwe Djabel maze ikipe yongera imbaraga mu gushaka ibitego, byanatanze umusaruro  ku munota wa 83’ w’umukino ku mupira mwiza watewe na Ombolenga Fitina maze usanga Sugira Ernest ahagaze neza ahita atsinda igitego cyo kwishyura. 

Maze iminota 90 y’umukino irangira abanyarwanda bose biruhutsa batangira kuririmba intsinzi kubera ko kunganya byahaye u Rwanda kujya mu mikino ya CHAN 2020 izabera muri Cameroun, kuko mu mikino ibiri u Rwanda rwakinnye na Ethiopia, u Rwanda rwatsinze ku kinyuranyo cy’ibitego 2-1.

Ibyo umutoza Mashami Vincent ndetse na rutahizamu Sugira Ernest bari bijeje abafana ko bazajya muri CHAN2020, none babigezeho. Umutoza avuga ko gushyira hamwe ndetse n’ubuyobozi kuba hafi y’ikipe aribyo biri gutuma Amavubi yitwara neza muri iyi minsi.

Iyi ikaba ibaye inshuro ya gatatu yikurikiranya ikaba n’inshuro ya kane muri rusange u Rwanda rujya muri CHAN. Irushanwa ry’uyu mwaka rikaba rizabera mu gihugu cya Cameroun umwaka utaha


Abakinnyi 11 babanje mu kibuga ku ruhande rw'u Rwanda

Rwanda XI: Kimenyi Yves, Omborenga Fitina, Imanishimwe Emmanuel, Nsabimana Aimable, Manzi Thierry, Niyonzima Olivier Sefu, Nshimiyimana Amran, Nsabimana Eric Zidane, Haruna Niyonzima, Manishimwe Djabel na Sugira Ernest.


Abakinnyi 11 babanje mu kibuga ku ruhande rwa Ethiopia

Ethiopia XI: Aynekulu Lealem Birhamu, Desta Demu Tura, Aschalew Tamene, Anteneh Tesfaye Tegegn, Amanuel Yohannes, Amanuel Gebremichael Aregawi, Hayeder Sherefa, Lemene Mesfin Tafesse, Adis Giday Gebru, Surafel Dagnachew Mengistu na Remdan Yusef Mohammed

Umwanditsi – SAFARI Garcon – inyarwanda.com

  





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • iradukunda jean paul4 years ago
    Ekipe Yigihugu Yurwanda Yakoze Ibyaribikenewe, Natwe Abafana Dukuricyirana Hafi Umupira Wamaguru.Murakoze.
  • ituze dieudonne4 years ago
    ikipeyurwanda izatwara cani 2020 nkundaurwanda nkunda sugira erinte cyane ndifuzakumubona





Inyarwanda BACKGROUND