RFL
Kigali

Amavubi ni ikipe nziza kandi twubaha ariko twahinduye uburyo bwo gukina ntategereze intsinzi - Abraham Mebratu

Yanditswe na: Editor
Taliki:19/10/2019 0:44
0


Mu myitozo ya nyuma ikipe y’igihugu ya Ethiopia yakoreye kuri stade ya Kigali yitegura u Rwanda, Umutoza w’iyi kipe izwi ku kazina ka Walias Abraham Mebratu yatangaje ko yaje i Kigali aje gushaka itike kandi ko ntacyo yizeza u Rwanda mu minota 90, ngo bazakina bitandukanye na mbere.




Nyuma y'imyitozo ya nyuma abakinnyi bagiye hamwe baganira ku mukino nyirizina

Ikipe y’igihugu ya Ethiopia yageze mu Rwanda ku munsi wok u wa Kane, ije gukina umukino wo kwishyura mu mikino y’ijonjora rya nyuma mu gushaka tike y’imikino ya nyuma y’igikombe cya CHAN izabera muri Cameroun mu mwaka wa 2020.

Ikipe y’igihugu ya Ethiopia yageze mu Rwanda idafite abakinnyi bayo babiri ngenderwaho bagize ikibazo cy’imvune ubwo bakinaga umukino wa gicuti n’ikipe y’igihugu ya Uganda mbere yuko baza mu Rwanda, gusa ariko umutoza atangaza ko nta cyuho bizatera kubera ko afite abakinnyi benshi kandi beza bazamufasha gusezerera u Rwanda.


Abraham Mebratu utoza Ethiopia yiteguye gusezerera u Rwanda

Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru nyuma y’imyitozo ya nyuma mbere yo gukina n’u Rwanda, Abraham Mebratu utoza ikipe y’igihugu ya Ethiopia yavuze ko yiteguye neza kandi yumva azasezerera u Rwanda kuko nta mukino usa n’undi.

Yagize ati” Twiteguye neza, twakoze imyitozo myiza uyu munsi, icyo dutegereje ni umukino. Amavubi ni ikipe nziza kandi twubaha ariko twizeye kuzakina umukino mwiza, ubwo duheruka gukina twakinnye neza ariko tugira amahirwe macye ntitwatsinda gusa ariko twizeye ko tuzakatisha tike yo kujya muri Cameroun 2020 kuko turabikeneye cyane. Nahinduye uburyo bw’imikinire ntashaka kuvuga muzabona ku mukino nyirizina”.

Mu mukino ubanza uheruka kubera muri Ethiopia u Rwanda rwari rwatsinze igitego 1-0 cyatsinzwe na Sugira Ernest wahigiye gutsinda igitego kizasezerera iyi kipe. Hagati ya Ethiopia n’ u Rwanda uzatsinda azahita abona tike bidasubirwaho yo kuzajya muri Cameroun mu mikino ya nyuma ya CHAN 2020.

Umukino w’u Rwanda na Ethiopia uteganijwe kuba Tariki 19 Ukwakira 2019, kuri stade ya Kigali ukaba uteganyijwe gutangira saa 15h30’.

Umwanditsi – SAFARI Garcon – inyarwanda.com






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND