Silvizo umwe mu bahanzi bakomeje kugaragaza impano mu gusubiramo indirimbo ariko akabikora mu buryo butandukanye, kuri ubu yamaze gusubiramo indirimbo ya Orcheste Impala ashimangira ko mu cyaro haba amadegede n’ibindi bishobora gutuma atava ku ivuko.
Indirimbo Iby’isi ni amabanga izwi cyane n’abakunzi b’umuziki Nyarwanda by’umwihariko abakunda indirimbo za kera zakanyujijeho. Kuri ubu iyi ndirimbo yamaze gusubirwamo n’umusore Silvizo aho yumvakana agira inama umuntu ushaka kujya mu mujyi assize icyaro.
Avuga ko azasazira mu cyaro
bitewe n’ibyiza bihaba bifasha abahaturiye ndetse rimwe na rimwe n’abanyamujyi
bakaba baza kubihashakira. Inyikirizo y’iyi ndirimbo igira iti” Njyewe ntuye mu
cyarooh! Nzasazira mu cyaro, ntiwaza umbwira iby’umujyi kuko ari ho nakuriye
ngwino mu cyaro”.
Muri iyi ndirimbo harimo inkuru y'umusaza uhanura umwana we akamubwira ati” Ni iki washatse ino ngo ukibure mwana wanjye ku buryo wafata gahunda yo kujya mugi”.Iyi ndirimbo Iby’isi ni amabanga yakorewe muri Danger Zone Music ndetse na Dj Kiroso akora amashusho.
REBA HANO INDIRIMBO IBY'ISI NI AMABANGA COVERED BY SILVIZO
Umwanditsi: Kwizera Jean de Dieu-Inyarwanda.com
TANGA IGITECYEREZO