Bamwe mu mpunzi bari muri Libya bakoze imyigaragambyo yo kugaragaza akababaro kabo ko bifuza kwakirwa ahandi ntibakomeze kuba mu bigo bacumbikiwemo i Tripoli
Mu bihe binyuranye muri iki cyumweru izi mpunzi zagaragaje
akababaro zifite kuva bacye muri bo bakwemererwa kwakirwa n'u Rwanda.
Kuri 500 u Rwanda rwemeye kwakira, abamaze kuhagera ni 189
baje mu byiciro bibiri, biteganyijwe ko abandi bazaza mu minsi iri imbere.
Izi mpunzi
ziganjemo abo muri Eritrea, Ethiopia na Somalia, bavuye mu bihugu byabo bizeye
kugera ku mugabane w'uburayi.
Urugendo rwabo ruhagarikirwa muri Libya aho bahura n'akaga
karimo n'iyicarubozo.
Ibihugu by'iburayi byegereye inyanja ya mediterane
n'umuryango w'ubumwe bw'uburayi byashyize imbaraga mu kubakumira ngo ntibagere
iwabo.
Mu gihe gishize izi mpunzi, zabuze uko zikomeza urugendo
rwazo rwo kwambuka inyanja, bamwe bagiye bagurishwa nk'abacakara muri Libya.
Abari mu kigo gishyirwamo abiteguye kujyanwa mu bindi bihugu
kiri i Tripoli nibo bagaragaje akababaro kabo.
Muri Libya hari impunzi zirenga 4,000 zabujijwe gukomeza urugendo rw'inzozi zabo.
Muri ibi bigo bacumbikiwemo binubira ubuzima babayemo,
bagasaba ko bakirwa n'ibindi bihugu.
Mu kwezi kwa karindwi kimwe mu bigo bibacumbikira cyateweho
ibisasu ababarirwa mu binyacumi bahasiga ubuzima.
Kugira ngo bemererwa koherezwa mu bindi bihugu bandika
babisaba, bamwe ntibabemererwa kuko UNHCR ivuga ko ihera ku bababaye kurusha
abandi.
Ababyemerewe nabo bari kwigaragambya kuko bamaze igihe kinini
bategereje igihugu cyabakira.
Src: BBC
TANGA IGITECYEREZO