Abandi bantu batatu batawe muri yombi na polisi ikomeje guhiga umusarani ukoze muri zahabu wibwe. Ni umusarani w'ubugeni ukoze muri zahabu gusa ufite agaciro ka miliyoni 6 z'amapawundi (asaga miliyari esheshatu y'u Rwanda).
Hari abagabo babiri bari bafashwe mbere bakekwaho ubu bujura. Kompanyi ifite ubwishingizi bw'iyi nyubako yatangaje igihembo cy'amapawundi £100,000 ku wagarura cyangwa akagaragaza aho uyu musarani uri.
Uyu musarani bitaga 'America' wari mu bimurikwa
by'umunyabugeni w'Umutaliyani Maurizio Cattelan, abawusuraga bakaba barashoboraga
no kuwukoresha bikiza imyanda yo mu mubiri.
Polisi ivuga ko kwiba uyu musarani "byangije inzu bikanahateza umwuzure" kuko wari ushinze muri iyi nyubako. Iyi nyubako yo mu kinyejana cya 18 iri mu hantu ndangamurage ku isi, aha ni naho havukiye Winston Churchill wabaye Minisitiri w'intebe w'u Bwongereza.
Mu kwezi kwa munani, umugabo witwa Edward Spencer umuvandimwe wa Churchill uyobora ahari iyi nyubako, yavuze ko yizeye neza umutekano w'iki gihangano. Yagize ati: "Ntawe byakorohera kucyiba".
Src: theguardian.com
TANGA IGITECYEREZO