Mu masaha y’umugoroba yo kuri uyu wa Mbere tariki 14 Ukwakira 2019 ni bwo ikipe ya Olympique Lyonnais yo mu Bufaransa yatangaje ko umufaransa Rudi Garcia w’imyaka 55 ari we ugiye gutoza Lyon mu gihe cy’imyaka ibiri iri imbere, akaba asimbuye umunya Brazil Sylvinho wirukanwe mu minsi 7 ishize.
Rudi Garcia afite akazi katoroshye ko gusubiza Lyon mu myanya myiza
Nyuma y'uko umunya Brazil watozaga
Lyon Sylvinho Mendes campos atangiye shampiyona yo mu Bufaransa nabi mu mikino 9
agatsindamo umukino umwe gusa, byatumye ubuyobozi bw’ikipe ya Lyon bufata
umwanzuro wo kumusezerera bagashaka undi mutoza wo kumusimbura, havugwaga
amazina menshi atandukanye arimo na Arsene Wenger ariko nyuma yo kwicara hamwe
bagahuza ibitekerezo abayobozi ba Lyon basanze umufaransa Rudi Garcia ari we
ukwiye gutoza iyi kipe bigendanye nibyo bamukeneyeho ko ageza kuri Lyon.
Rudi Garcia wasezerewe mu
ikipe ya Olympique de Marseille mu kwezi kwa Gatanu muri uyu mwaka kubera
umusaruro udashimishije yatangaga, niwe wasinye muri Lyon nk’umutoza mukuru
amasezerano azageza mu kwezi kwa Gatandatu mu mwaka wa 2021. Garcia akaba
yahise anizanira umutoza wungirije ariwe Claude Fichaux bakoranye ari muri
Marseille, Lille ndetse no muri Roma yo mu Butaliyani.
Rudi Garcia yasimbuye Sylvinho wirukanwe atsinze umukino umwe gusa
Rudi Garcia akaba yahigitse uwahoze ari umutoza wa Paris Saint Germain Laurent Blanc bari bahanganiye umwanya. Rudi Garcia akaba afite amateka akomeye mu gihugu cy’u Bufaransa nk’umutoza kuko mu mwaka w’imikino wa 2010-2011 atoza Lille yayihesheje igikombe cya shampiyona ndetse n’igikombe cy’igihugu mu Bufaransa.
Mu mwaka w’imikino wa 2017-2018 yagejeje Marseille ku mukino wa nyuma w’igikombe cya Europa League, yahembwe nk’umutoza mwiza w’umwaka mu myaka itatu itandukanye, 2011, 2013 na 2014.
Rudi Garcia yari amaze amezi atanu atandukanye na Olympique de Marseille
Rudi Garcia akaba afite
akazi katoroshye ko kuvana Lyon ku mwanya wa 14 iriho ubu ku rutonde rwa
shampiyona Bigeze ku munsi wa 9 w’imikino aho ifite amanota 9 gusa,
akayigarura ku murongo w’amakipe ahatanira igikombe cya shampiyona mu
Bufaransa.
Akazi nyirizina ka Rudi
Garcia karatangira yakira ikipe ya Dijon muri shampiyona y’u Bufaransa tariki 19
Ukwakira 2019.
Umwanditsi - SAFARI Garcon - inyarwanda.com
TANGA IGITECYEREZO