Mu mukino wasozaga umunsi wa Gatatu muri Rwanda Premier League Police Fc yatsinze Gicumbi Fc ibitego 3-2, byatsinzwe na Mico Justin, Nsabimana Aimable na Iyabivuze Osee ku ruhande rwa Police Fc naho Dusange Bertin atsindira Gicumbi ibitego bibiri, intsinzi yafashije Police FC kurara ku mwanya wa gatatu.
Ni umukino utari woroshye warangiye ubonetsemo ibitego 5
Ni umukino ikipe ya
Gicumbi yinjiyemo idafite amahirwe yo vgutsinda Police Fc kubera umusaruro mubi
iyi kipe yari ifite mu mikino ibiri iheruka gukina, gusa ariko nubwo yatsinzwe
Gicumbi Fc yagaragaje umupira mwiza utandukanye nuwo yakinnye mu mikino ibiri
iheruka kuko yaninjije ibitego bibiri bya mbere muri uyu mwaka w’imikino,
uretse kurunguruka mu izamu rya Police Fc, ikipe ya Gicumbi yagerageje
guhererekanya umupira mu kibuga hagati, igora Police Fc bigaragara byumwihariko
mu gice cya kabiri cy’umukino.
Ndayishimiye Celestin wagize umukino mwiza cyane
Ni umukino watangiye Police
Fc iri hejuru, kuko yarushaga Gicumbi Fc gutembereza umupira mu kibuga ndetse
ikarema amahirwe menshi yo gutsinda ibitego, igice cya mbere cy’umukino
cyihariwe cyane n’ikipe ya Police Fc ariko kigana ku musozo Gicumbi yatangiye kwinjira mu mukino
kuko cyarangiye yabonye igitego cya mbere muri shampiyona yuyu mwaka, nubwo
police Fc yari imbere n’ibitego 2-1, icya mbere cyabonetse ku munota wa 23 w’umukino
gitsinzwe na Mico Justin naho icya kabiri kiboneka ku munota wa 36 gitsinzwe na
kapiteni Nsabimana Aimable ku ruhande rwa Police Fc mu gihe Dusange Bertin
yatsindiye Gicumbi ku munota wa 43 w’umukino.
Mico Justin watsinze igitego cya mbere cya Police Fc
Ndayisaba Olivier yahindukiye inshuro eshatu muri uyu mukino
Nsabimana Aimable watsinze igitego cya kabiri cya Police FC
Mu gice cya kabiri cy’umukino
Gicumbi Fc yagaragaje umupira unogeye ijisho kuko yawinjiyemo yakosoye byinshi,
maze itangira gusatira izamu rya police Fc, ihusha uburyo bwinshi bwari kuvamo
ibitego.
Habarurema Gahungu yahindukijwe inshuro ebyiri muri uyu mukino
Police Fc yabonye amahirwe menshi yo gutsinda muri uyu mukino
Nyuma yo kubona ko Haringingo ari kurushwa n’ikipe ya Gicumbi byatumye
akora impinduka, ku munota wa 50’
yakuyemo Ndayishimiye Antoine Dominique ashyiramo Songa Isaie, naho
ku munota wa 66’ yakuyemo Ntirushwa Aimée ashyiramo Eric
Ngendahimana wafatanyaga na Munyakazi
Yussuf Lule. Nduwantare Ismail wa Gicumbi yakuyemo Ssekabembe Shahat
hinjira Gasongo Jean Pierre, Bati Alain Bruno avamo hinjira Magumba Farouk na Uwamungu
Moussa winjiye mu kibuga habura iminota itanu ngo umukino urangire asimbuye Muhumure Omar.
Muri uko gusatira cyane ba
myugariro ba Police Fc bagendaga bakora amakosa bituma Gicumbi Fc iva inyuma
ikuramo umwenda w’igitego kimwe yari isigayemo ubwo Dusange Bertin ku nshuro ya
Kabiri yatsindaga igitego cya Gicumbi ku munota wa 67, maze police Fc yari mu
rugo iza kubona igitego cy’agashinguracumu ku munota wa 83 gitsinzwe na
Iyabivuze Osee wuzuzaga ibitego bibiri muri uyu mwaka w’imikino.
Iminota 90 y’umukino
yarangiye Police Fc yegukanye amanota atatu n’insinzi y’ibitego 3-2, byayifashije
kugira amanota 7 ihita yicara ku mwanya wa 3 nyuma y’umunsi wa gatatu w’imikino
ya shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda mu mwaka w’imikino wa 2019-2020.
Nduwantare Ismail na Camarade bivugwa ko batumvikana muri Gicumbi Fc
Umukino urangiye
Nduwantare Ismail yavuze ko ari ubwambere Gicumbi Fc ikinnye umupira mwiza kuva
uyu mwaka w’imikino watangira anavuga ko igitutu bariho bagiye kukivaho.
Yagize ati” umukino wari
mwiza nubwo urangiye dutsinzwe burya ababurana ari babiri umwe aba yigiza
nkana, gusa ariko ni ubwambere Gicumbi ikinnye umupira mwiza ugereranyije n’imikino
ibiri duheruka gukina muri shampiyona bigaragara ko turimo kuzamuka mu
mikinire, naho iby’igitutu kituriho ndabizi neza ko kigiye kutuvaho”.
Abatoza ba Police Fc bamaze kwitwara neza mu mikino itatu yambere
Haringingo Francis utoza
Police Fc yavuze ko nubwo ikipe itsinda ariko igomba gukosora mu bwugarizi bwayo.
Yagize ati” Wari umukino
mwiza utari woroshye ariko turawutsinze, dutsinda bitatu tukinjizwa bibiri,
bigaragara ko hari ikibazo mu bwugarizi bwacu kuko si ubwa mbere bibaye,
tugomba kubikosora vuba”.
Police FC XI: Habarurema
Gahungu Emmanuel (GK.1), Mpozembizi Mohammed 21, Ndayishimiye Celestin 3,
Nsabimana Aimable (C.13), Nduwayo Valeur 5, Munyakazi Yussuf Lule 20, Ntirushwa
Aimée 8, Mico Justin 10, Nshuti Dominique Savio 27, Iyabivuze Osée 22, Ndayishimiye
Antoine Dominique 14
11 babanje mu kibuga ku ruhande rw'ikipe ya Police Fc
Gicumbi FC XI: Ndayisaba
Olivier (GK.21), Eric Nzitonda(C. 10), Mutabazi Isaie 15, Bizimana Djuma 12,
Yves Rwigema 13, Dusange Bertin 8, Ssekabembe Shahat 25, Mfitumukiza Nzungu 6,
Muhumure Omar 17, Uwiringiyimana Christophe 7, Bati Alain Bruno 5.
11 babanje mu kibuga ku ruhande rwa Gicumbi Fc
UKO IMIKINO Y’UMUNSI WA GATATU MURI
RWANDA PREMIER LEAGUE YAGENZE
Ku wa Gatanu Tariki 11 Ukwakira 2019
AS Kigali 2-2 Bugesera FC
Ku wa Gatandatu
Tariki 12 Ukwakira 2019
APR FC 3-0 Etincelles FC
Espoir FC 1-2 Rayon Sports FC
Marines FC 1-1 Heroes FC
AS Muhanga 0-0 Gasogi United
Ku Cyumweru
Tariki 13 Ukwakira 2019
Police FC 3-2 Gicumbi FC
Mukura VS 4-0 Musanze FC
SC Kiyovu 1-0 Sunrise FC
Umwanditsi - SAFARI Garcon - inyarwanda.com
TANGA IGITECYEREZO