RFL
Kigali

Tariki 5 Ukwakira ni umunsi mpuzamahanga wa Mwalimu indashyikirwa mu gutanga ubumenyi uko yifite ntacyo yizigama

Yanditswe na: Editor
Taliki:5/10/2019 6:45
0


Buri mwaka tariki 5 Ukwakira isi yose yizihiza umunsi w'Umwalimu. Isi yaricaye isanga bikwiye ko buri wa 5 Ukwakira hizihizwa umunsi mpuzamahanga wa mwalimu ufasha ndetse agategura abato n’abakuru kuzifasha.



Abahanga hirya no hino baravumbura ibyagirira akamaro ubuzima bwa muntu umunsi ku munsi, udushya mu ikoranabuhanga, ubutabire, mu isanzure, ubumenyi ngiro, ubumenyamuntu ubumenyi bw’ibimera ndetse no mu zindi ngeri zitandukanye uko umwaka uza n’undi ugataha uzana impinduka byose bigamije koroshya ubuzima bwa muntu mu mibereho ye.

Umusingi wa byose utangirira ha handi umwana afatwa akaboko agaherekezwa n’ababyeyi cyangwa abandi bamurera akajyanwa ku ishuri  ngayo nguko uko bamwe batangira amashuri y’incuke, nyuma yaho hakaza amashuri abanza agakorerwa mu ngata n’ayisumbuye nyuma y’igihe hakaza amashuri makuru naza kaminuza intyoza muri zo zikagana mu byiciro by’ikirenga.

Uwari umwana w’igitambambuga ufatwa akaboko ajyanwa kwiga nyuma y’igihe aricara agatekerereza ababyeyi be baba bageze mu zabukuru n’abo akababera umuvunyi byose abikesha intebe y’ishuri yicayeho yamugize umukozi w’icyigo gikomeye runaka cyangwa se akazavamo rwiyemezamirimo wikorera ndetse utanga akazi ku bandi.

Ibyo byose tubikesha Mwalimu, indashyikirwa uduha ubumenyi uko yifite ntacyo yizigama.

Mu maso yabo hakaba haraciye ibyamamare bikomeye mu ngeri zitandukanye abo dusingiza kubera ubuhanga n’ubuhangange mubya politiki, ubuvuzi, ikoranabuhanga, ubwubatsi, ubuvanganzo, n’izindi ngeri zitandukanye benshi muri twe dufataho nk’ibyitegererezo.

Isi yaricaye isanga bikwiye ko buri wa 5 Ukwakira hizihizwa umunsi mpuzamahanga wa mwalimu ufasha ndetse agategura abato n’abakuru kuzifasha. Uyu munsi watangijwe mu mwaka w’i 1994 utangizwa n’ishami ry’umuryango w’abibumbye rishinzwe Uburezi, Ubumenyi n’Umuco (UNESCO).

Hemejwe ko buri wa 5 Ukwakira hazajya hazirikanwa ku rwego mpuzamahanga agaciro aba barezi bafite ku muryango, hareberwe hamwe imbogamizi bagihura nazo n’uburyo bwo kuzikemura hashingiwe ku mahirwe ari muri uyu mwuga.

Tugarutse hano mu Rwanda, nyuma yigihe kinini abakora uyu mwuga bakomeza kugaragaza imbogamizi baterwa n’umushahara muto ubagenerwa baje kwishyira hamwe batangiza koperative izajya ibafasha kwikemurira ibibazo ‘Mwalimu SACCO’ yaje gufasha abarezi kubona inguzanyo ndetse no kubafasha kwiteza imbere ikaba yaratangiye gukora ku mugaragaro ku wa 1 Nzeli 2008.

Ku rundi ruhande kandi leta y’u Rwanda guhera mu kwezi kwa Werurwe uyu mwaka 2019 ikaba yarongereyeho  10% ku mushahara Mwalimu yagenerwaga ku bigisha mu mashuri ya leta n’afashwa na leta nkuko byari byaratangarijwe mu nama y’abaminisitiri idasanzwe yateranye kuwa 8 Mutarama 2019.

Gusa nubwo bimeze gutyo abarimu ntibahwema kugaragaza imbogamizi z’umushahara wabo ukiri hasi ushingiye ku gaciro k’ifaranga n’uburyo ibiciro by’ibiribwa byihagazeho ku isoko. Si ibyo gusa kandi bagaragazaga n’ikibazo cyo gukora amasaha menshi bikabakururira umunaniro ukabije ushobora gutuma hamwe na hamwe badakora akazi kabo neza uko bikwiye.

Ku rundi ruhande leta y’u Rwanda ikaba ikomeje gushyiramo imbaraga mu burezi bw’u Rwanda ngo bukorwe n’ababifitiye ububasha ndetse babihuguriwemo akaba ariyo mpamvu hafunguwe ishami ryihariye ryo kwigisha uburezi muri kaminuza y’u Rwanda riherereye i Rukara mu ntara y’Uburasirazuba ngo abakora uyu mwuga barusheho kuba ari inzobere zibikwiye.

Umwanditsi: Eric RUZINDANA






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND