RFL
Kigali

Super Cup 2019: Ndayishimiye Eric Bakame yafashije AS Kigali gutwara igikombe kuri Penaliti-AMAFOTO

Yanditswe na: Niyonkuru Eric
Taliki:1/10/2019 20:25
0


AS Kigali yatwaye igikombe kiruta ibindi mu Rwanda ‘Super Cup 2019’ nyuma yo gutsinda Rayon Sports kuri Penaliti 3-1, inegukana akayabo ka Miliyoni eshanu z'amafaranga y'u Rwanda.



Uyu mukino waberaga kuri sitade Amahoro i Remera watangiye i saa cyenda zuzuye (15h00). Ku munota wa 29’ Bishira Latif nibwo yafunguye izamu ikipe ya Rayon Sports ibona igitego cya mbere, gusa ntibyatinze kuko Rutahizamu Farouk Ruhinda Saifi yatsinze igitego cyo kwishyura ku munota wa 31’. Ku munota wa 35’ ku makosa yo kutumvikana kwa ba myugariro ba Rayon Sports batsinzwe igitego cya kabiri igice cya mbere cy’umukino kirangira ari 2-1 cya Rayon Sports


Bumwe mu buryo bwagiye buhushwa

Mu gice cya kabiri umutoza wa Rayon Sports Martinez yasimbuje Omar Sidibé yinjizamo O.Commodore. Ku munota wa 54’ yasimbuje Jules Ulimwengu yinjiza mu kibuga Mugisha. Ku ruhande rwa AS Kigali umutoza Eric Nshimiyimana yakuyemo Kalisa Rachid asimburwa na Nova Bayama naho Fasso Raymond asimbura Farouk


Sarpongo acenga Haruna (8) na Kalisa Rachid, ashaka Radou ngo amuhe umupira


Rayon Sports yakomeje gusatira ari nako n’umutoza wayo asimbuza Habimana Hussein yinjizamo Bizimana Yannick.

Nyuma y’iminota 90’ y’umukino Eric Rutanga Alba yaboneye Rayon Sports igitego cyo kwishyura igice cya kabiri kirangira Rayon Sports inganya 2-2 na AS Kigali.


Igitego cya Rutanga mu minota y'inyongera (90'+6')





Igitego cya Rutanga cyahagurukije abafana ba Rayon bajya ibicu

Nkuko itegeko rya FERWAFA ribivuga ni uko iyo ikipe zinganyije kuri uyu mukino wo guhatanira igikombe kiruta ibindi hitabazwa Penaliti, ibi byasize Rayon Sports itsinze 1 kuri 3 za AS Kigali.

Kalisa Rachid asimbura na Nova Bayama nyuma yo kuvunika akanga gusohorwa mu kibuga ku ngombyi

Abateye Penaliti ku ruhande rwa Rayon Sports: Michael Sarpongo, Rugwiro Herve ‘winjiye penaliti ya Rayon’, Bimana Yannick na Mugisha Gilbert.

Abateye Penaliti ku ruhande rwa AS Kigali: Thumaine, Haruna, Benadata ‘wahushije Penalite ya AS Kigali’ na Raymond.


Iminota itandatu niyo yongeweho muri uyu mukino

Abakinnyi bahawe amakarita y’umuhondo muri uyu mukino mu ikipe ya Rayon Sports harimo Nshimiyimana Amran, Olokwi Ocommodore, Herve Rugwiro, Habimana Hussein na Jean Claude Iranzi naho kuruhande rw’ikipe ya AS Kigali Ndayishimiye Eric Bakame, B.Kitegetse.


Bakame yahawe ikarita y'umuhondo kubera gutinza umukino


Amran yahawe ikarita y'umuhondo


Dore uko igikombe kiruta ibindi cya FERWAFA 'Super Cup' kuva 2013 cyagiye gitwarwa: 

Mu mwaka wa 2013: Cyatwawe na AS Kigali nyuma yo gutsinda  1-0 Rayon Sports 

Muri 2017: Rayon Sports yaragitwaye itsinze 2-0 APR FC 

2018: APR FC yaragitwaye itsinze 2-0 Mukura VS 

Muri 2019: AS Kigali yagitwaye kuri Penaliti









Yannick witanze muri uyu mukino gusa amahirwe yo gutsinda akanga


Ruhinda nyuma yo kugongana na Herve Rugwiro yarambaraye hasi umunota umwe 





Bakame yafashe Penaliti ya Sarpongo Michael


Nyuma yo gukuramo Penaliti ya mbere yabyinnye yereka aba Rayon ko agiye kubakubita akanyafu



Penalliti yahaye itsinzi AS Kigali


Eric Ndayishimiye Bakame yateruwe n'abakinnyi bari bishimiye Penalite yakuyemo


Abasifuzi basifuye uyu mukino bahawe imidari y'ishimwe

Bakame ahoberana n'umutoza w'Abanyezamu muri AS Kigali


AS Kigali yahawe Miliyoni Eshanu z'amafaranga y'u Rwanda


Ibyishimo by'abakinnyi ba AS Kigali babisangije abakurikirana ku mbuga nkoranyambaga






AS Kigali niyo yegukanye igikombe kiruta ibindi mu Rwanda muri 2019 

AMAFOTO: Eric Niyonkuru- inyarwanda.com






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND