RFL
Kigali

Agaseke Daymakers na Bushali bahishiye abazitabira igitaramo 'Bigomba Guhinduka' cyatewe inkunga na MTN

Yanditswe na: Muvunyi Arsene
Taliki:25/09/2019 14:51
3


Abanyarwenya bo muri Daymakers n’umuraperi Bushali bararitse abakunzi babo kuzitabira igitaramo cy’urwenya cyiswe Bigomba Guhinduka, banabizeza kuzabashimisha.



Tariki ya 12 Ukwakira 2019 muri Kigali Conference and Exhibition Village ahazwi nka Camp Kigali hazabera igitaramo cy’urwenya cyiswe Bigomba Guhinduka kizaba kibaye ku nshuro ya kabiri.

Bigomba Guhinduka ni ubwoko bw’urwenya rwazanywe n’abasore babiri bo muri Daymakers ari bo Japhet na 5K Etienne, aho bagaragaza ibintu bikwiye gukosoka ariko mu buryo busekeje.

Urwenya rw’aba basore rwatumye bamamara cyane ku mbuga nkoranyambaga muri Mata uyu mwaka bakora igitaramo kitabiriwe n’abantu benshi cyane.


Daymakers biteguye gusetsa buri wese uzitabira igitaramo cyabo

Ku bufatanye na MTN Rwanda iki gitaramo kigiye kongera kuba aho kizaba kirimo abanyarwenya batandukanye nka Michael Sengazi, Joshua, Kepha, Bishop Gafaranga, Nimu Roger, Patrick na Divine.

Mu kiganiro n’abanyamakuru cyabaye kuri uyu wa Gatatu kikabera i Nyarutarama ku cyicaro cya MTN Rwanda, Mugisha Emmanuel uzwi nka Kibonge Clapton, akaba ari nawe ukuriye Daymakers yavuze iki gitaramo kizerekana urwego abanyarwenya bo mu Rwanda bagezeho.

Ati “Ababonye Bigomba Guhinduka y’ubushize yabaye nziza, ubu noneho harimo MTN, kizaza kiri ku rundi rwego, nababwira ngo abantu bakunda urwenya muze murebe urwego abanyarwanda tugezeho. Kugira ngo igitaramo kibe ntabwo bidusaba gutumira umunyamahanga.”


Kibonke Clapton umuyobozi wa Daymakers

Umuraperi ugezweho muri iyi minsi mu njyana ya Kinya Trap, akaba akunzwe n’abiganjemo urubyiruko yavuze ko abakunzi be abahishiye byinshi kandi azaririmba mu buryo bw’umwimerere.

Kwinjira muri iki gitaramo ni ukwishyura amafaranga ibihumbi 10 mu myanya y’icyubahiro, ibihumbi bitanu ahasanzwe n’ibihumbi bibiri ku rubyiruko rukoresha MTN Yolo.

Kwishyura bikorerwa muri MTN Mobile Money aho ukanda *182*8*1*900444# ubundi ukishyura bitewe n’icyiciro ushaka. Kwnjira ni ukwerekana ubutumwa bugufi bwemeza ko waguze itike ukoresheje MTN Mobile Money.




Nyuma y'ikiganiro n'abanyamakuru, bafashe ifoto y'urwibutso

AMAFOTO: Evode Mugunga-InyaRwanda.com






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • manzi jules 4 years ago
    Bigombaguhinduka
  • manzi jules 4 years ago
    Nugushiramo imbaraga kabisa!!💁‍♀️💁‍♀️💁‍♀️ narinibagiwe ariko bigombaguhinduka
  • Realite4 years ago
    Bushali keep up urikuza neza kandi komerezaho





Inyarwanda BACKGROUND