RFL
Kigali

Serge Iyamuremye yasohoye indirimbo nshya 'Ni uwanjye' yakoranye na Gatabazi Joy-YUMVE

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:20/09/2019 12:03
0


Serge Iyamuremye ukunzwe muri iyi minsi mu ndirimbo nka; Biramvura, Yari njyewe, Ndakubaha n'izindi, yamaze gushyira hanze indirimbo nshya 'Ni uwanjye' yakoranye n'umuramyi Joy Gatabazi.



Iyi ndirimbo 'Ni uwanjye' yatunganyijwe n'aba Producer 2 ari bo Bruce na Boris. Yumvikanamo aya magambo: "Iyi si izashira, Yesu ni uwanjye, nubwo byose byabura Yesu ubwo ari uwanjye ubu harijimye ntiturareba iwe tuzanezerwa cyane nitubana nawe. Sinzajya nanirwa Yesu ni uwanjye. Nzatsinda amoshya yose Yesu ubwo ari uwanjye. Byose nibishira ntacyo bizantwara."


Serge Iyamuremye

Mu kiganiro na Inyarwanda.com Serge Iyamuremye yavuze ko ubutumwa buri muri iyi ndirimbo bugenewe isi yose. Yagize ati "Ni message numva igenewe isi kuko nibaza ko igihe turimo abanyafrika barica bagenzi babo, ibyo twapfa byose muri iyi si turi abagenzi. Icyahaza imitima yacu ni ugutunga Yesu muri twe."


Gatabazi Joy

Gatabazi Joy wakoranye indirimbo na Serge Iyamuremye ni umuramyi ubarizwa mu itorero rya Assemblies of God akaba asanzwe afasha abahanzi batandukanye mu bitaramo bakora. Serge Iyamuremye wamamaye mu ndirimbo 'Arampagije', abarizwa muri Evangelical Restoration church Masoro akaba azwiho cyane gufasha abanyempano bagakorana indirimbo. 


UMVA HANO 'NI UWANJYE' INDIRIMBO YA SERGE FT JOY






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND