RFL
Kigali

Chris Brown yasabye Davido kuzamwambarira mu bukwe bwe

Yanditswe na: Editor
Taliki:18/09/2019 18:10
0


Umuhanzi ukunzwe muri Afrika no hirya no hino kwisi David Adedeji Adeleke wamamaye mu muziki nka Davido yatangaje ko icyamamare Chris Brown yamusabye kuzamwambarira mu bukwe bwe n’umukunzi we Chioma buzaba umwaka utaha wa 2020.



Uyu munyamuziki ukomoka muri Nigeria ibi yabitangaje anyuze kuri Twiite aho yagize ati: "Chris Brown arashaka kuzambera umuyobozi oooo [araseka] ibaze Chris Brown yanyambariye". Aya makuru abenshi bayafashe nk'atariyo bibaza uko byaba bimeze biramutse bibaye. Magingo aya Davido ni umwe mu bari gufasha cyane Chris Brown muri Tour yise ‘Indigoat’. 

Umubano bafitanye muri iki gihe, ushobora kuzatuma Chris Brown yurira rutemikirere yerekeza Lagos akajya kwambarira Davido uzakora ubukwe bushobora kuzaba amateka umwaka utaha.

Tariki 12 Nzeli 2019 ni bwo Davido yateye ivi yambika impeta y’urukundo umukunzi we Chioma Rowland mu birori byabereye muri resitora iherereye mu mujyi wa London mu Bwongereza.



Chris Brown uyu munsi ibitaramo bye birakomereza PPL Center, Allentown, PA, muri Amerika

Umwanditsi: Neza Valens-Inyarwanda.com






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND