Umuhanzi Mugwaneza Lambert wamamaye nka Social Mula, yashyizwe ku rutonde rw’abahanzi bo ku mugabane wa Afurika bahatanye mu irushanwa ry’umuziki ya ‘Prix Decouverte 2019’, ritegurwa Radiyo Mpuzamahanga y’Abafaransa (RFI).
Umwaka ushize ‘Prix Decouverte 2018’ yegukanwe n’umuhanzi Yvan Buravan w’imyaka 22 y’amavuko. Social Mula yanditse ku rukuta rwa instagrama asaba gushyigikirwa ‘Prix Decouverte’ ikongera gutaha mu Rwanda. Yagize ati:
Bantu Banjye nejejwe no kubamenyesha ko nagize amahirwe yo kuba nahatanira igihembo Cya #prixdécouverte2019 nkaba mbasaba kumba hafi. Kunshyigikira (gutora) ni ukujya kuri web ya prixdécouverte.com kikongera gutaha iwacu mu rw’imisozi 1000. Murakoze cyane.
Social Mula ahatanye na Bebe Baya (Guinée), Celine Banza
(RDC), Cysoul (Cameroun), Lydol (Cameroun), Nasty Nesta (Bénin), NG Bling
(Gabon), Yann’Sine (Maroc) na Zonatan (Île Maurice).
Guhera kuri uyu wa 16 Nzeli 2019 umuhanzi uhatanye muri iri rushanwa ushobora gutangira kumuha amahirwe unyuze kuri www.prixdecouvertes.com.
Umuhanzi
uzegukana iki gihembo azamenyekana ku wa 07 Ugushyingo 2019 nyuma y’isuzuma
rizakorwa n’Akanama Nkemurampaka kagizwe n’abahanzi b’amazina azwi nka:
A'Salfo, Charlotte Dipanda, Tiken Jah Fakoly, Fally Ipupa, Josey, Angélique
Kidjo, Youssou N'Dour, Oumou Sangaré and Singuila.
Iri rushanwa rimaze gutwarwa n’abahanzi b’amazina azwi muri
Afurika ritegurwa n’Umuryango w’abavuga ururimi rw’Igifaransa (Institut
Français) ku bufatanye na Unesco.
Bamwe mu bahanzi bamaze gutwara iri rushanwa ni Amadou na
Mariam (Mali), Rokia Traoré (Mali), Soul Bang’s (Guinée), Maurice Kirya
(Uganda) na Tiken Jah Fakoly (Côte d’Ivoire).
Mu 2013 umuhanzi Mani Martin yaserukiye u Rwanda ariko ntiyabasha gutwara igihembo. Mu 2016 u Rwanda rwaserukiwe na The Ben na Angel Mutoni bataha amara masa. Umwaka ushize wa 2018 u Rwanda rwaserukiwe na Yvan Buravan yegukana iri rushanwa rikomeye ku isi.
Social Mula
Social Mula ahataniye 'Prix Decouverte 2019'
Social Mula mu bahatanye muri Prix Decouverte 2019
TANGA IGITECYEREZO