RFL
Kigali

U Rwanda rugiye kwakira iserukiramuco rya muzika rikomeye muri Afurika

Yanditswe na: Muvunyi Arsene
Taliki:16/09/2019 16:48
0


Ku nshuro ya mbere u Rwanda ruzakira iserukiramuco ry’umuziki ryiswe Afropolitain Nomade rizaba mu mpeshyi y’umwaka wa 2020. Festival Afropolitain Nomade ni iserukiramuco rya muzika rihuza abahanzi batandukanye baturuka mu bihugu bya Afurika ariko bataramenyekana cyane.



Iri serukiramuco ryatangiye kuva mu 2012 aho ryabereye mu mujyi wa Douala muri Cameroon, 2015 ribera i Libreville muri Gabon, 2016 rikomereza i Cotonou muri Benin, 2017 rijya Pointe-Noire muri Congo Brazaville, 2018 ribera i Dakar muri Senegal naho iya 2019 yabereye Abidja muri Cote d'Ivoire.

Mu mwaka wa 2020 iri serukiramuco rizakirwa n’u Rwanda aho rizabera ku mujyi wa Kigali guhera tariki 07 kugera tariki 11 Nyakanga 2020. Ibitaramo bizajya bibera muri Car Free Zone no muri Kigali Conference and Exhibition Village ahahoze hazwi nka Camp Kigali.

Jean Pierre Kalonda utegura iri serukiramuco yabwiye INYARWANDA ko rigamije guhuriza hamwe abahanzi bo muri Afurika no kuba amahirwe yo kumenyekana ku ruhando mpuzamahanga. Yagize ati:

Rigamije guhuza abahanzi bose b’Afurika, bakigaragaza. Iyo baje mu gihugu baba bashaka kuzamura abahanzi baho kuko haza abacunga inyungu z’abahanzi benshi na televiziyo nyinshi mpuzamahanga, bigatuma bamwe bahabwa amasezerano.

Kwitabira iri serukiramuco bisaba kuba umuhanzi amenyereye gucuranga mu buryo bwa live, ufite byibuze alubumu imwe n’indirimbo ebyiri zifite amashusho n’inyandiko zerekana ibyo ibitangazamakuru byamuvuzeho mu bijyanye na muzika.

Ku bahanzi bo mu Rwanda bashaka kuzaryitabira, barasabwa kuziyandikisha baciye mu rugaga rw’abaririmbyi bo mu Rwanda. Kuva Festival Afropolitain Nomade yatangira, imaze kunyuramo abahanzi bagera kuri 300 bakoze ibitaramo 150 byitabiriwe n’abantu barenga ibihumbi 10.   


Intore Tuyisenge uyobora Ihuriro ry'abahanzi na Kalonda Jean Pierre biyemeje gufatanya mu gutegura Festival Afropolitain Nomade 2020






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND