Rudi Gutendorf watoje ikipe y’u Rwanda y’umupira w’amaguru (Amavubi) yitabye Imana kuri uyu wa Gatandatu tariki 14 Nzeri 2019, akaba yari agejeje imyaka 93 y’amavuko.
Rudi
Gutendorf watoje Amavubi mu 1999, yitabye Imana azize iza bukuru nk’uko
umuhungu we yabihamirije ikinyamakuru cy’igihugu cy’u Budage (Germany Press
Agency).
Rudi
Gutendorf yitabye Imana afite agahigo ko kuba ariwe mutoza wabashije gutoza
amakipe menshi mpuzamahanga cyane ay’ibihugu kuko yatoje amakipe 19 y’ibihugu
bitandukanye kongeraho ikipe Olempike ya Iran yajyanye mu mikino Olempike y’i
1988 n’ikipe Olempike y’u Bushinwa yatoje mu 1992.
Rudi Gutendorf watoje amakipe menshi ku isi yitabye Imana
Gutendorf
yapfuye ari mu bitabo bya “Guiness of
Records” kuko yabashije kubona akazi mu bihugu 32 bitandukanye ku mubumbe w’isi.
Rudi
Gutendorf yanahawe igihembo cya “Federal Cross of Merit” inshuro ebyiri nk’umuntu
w’indashyikirwa.
Rudolf
Gutendorf yavutse tariki 30 Kanama 1926, avukira i Koblenz mu Budage. Rudolf
yakinaga hagati mu kibuga aca ku ruhande rw’iburyo aho kuva mu 1944 kugeza mu 1953 yari
umukinnyi w’ikipe ya Tus Neuendorf.
Rudi Gutendorf yabaye umutoza w'intangarugero
Rudolf
yatangiye umwuga wo gutoza mu 1955 ari mu ikipe ya Blue Stars Zurich mbere yo
kujya muri FC Luzen mu Busuwisi (1955-1961) aho yavuye ajya muri Tunisia mu
ikipe ya US Monastir (1961).
Rudolf
yageze mu Rwanda mu 1999 atoza Amavubi umwaka umwe ubwo yari avuye gutoza
Mauritius (1997) yari yaratoje mu 1993 akabanza kujya muri Zimbabwe
(1995-1996).
Rudolf yari amaze imyaka 93 abonye izuba
Rudolf
yarangije gutoza Amavubi (1999) ahita ajya muri Samoa (2003). Yatoje Australia
(1979-1981), Ghana (1985-1986),Nepal (1986), China (1988), Nepal (1986), Iran
U23 (1988), Tanzania (1981), Herta Berlin (1984), Tonga (1981), Fiji (1987),
Humberger SV (1977), New Caledonia (1981), Botswana (1976), Sao Tome &
Principe (1984),Venezuela (1974), Bermuda (1968), VFB Stuttgart (1965-1966) n’andi
makipe atandukanye.
TANGA IGITECYEREZO