RFL
Kigali

Imibereho idasanzwe ya Umutoniwase wiyise 'inzoka' bitewe n'uko umubiri we ugororotse-AMAFOTO+ VIDEO

Yanditswe na: Muvunyi Arsene
Taliki:14/09/2019 9:13
3


Benshi bamenye Umutoniwase Evelyne binyuze mu irushanwa rya East Africa’s Got Talent aho yerekanye ubuhanga budasanzwe mu kugororoka.



Uyu mwana w’imyaka 16 wiyise African Snake Girl afite uburyo yizinga nk’inzoka ku buryo utakeka ko afite urutirigongo.

Yakoze ibintu birenze imitekerereze ya muntu nko kwizingira mu ikarito, gushinga amaboko hasi agakoza ikibuno ku mutwe amaguru ari mu kirere, n’ibindi bigoye gusobanura.

Abari mu cyumba cy’irushanwa barumiwe, ubwoba no gutangara bigaragara mu maso y’abagize akanama nkempurampaka bahise bamwemerera gukomeza mu kindi cyiciro nta n’umwe uvuyemo.

Umutoniwase niwe munyarwandakazi wari ugaragaye ku nshuro ya mbere ko afite iyi mpano ndetse na we bwari ubwa mbere amenyekanye kuko yari yarabaye aka wa mukobwa wabuze umuranga.

INYARWANDA Twasuye uyu mukobwa, tumusanga ku ishuri rya Rubavu Technical College aho yiga mu mwaka wa kane ibijyanye n’ubukererugendo.

Ku ishuri aba ameze nk’abandi bana, gusa niwe mukobwa wenyine umunyamakuru yabonye wiga yambaye impuzankano y’ipantalo ndetse afite umwarimu wihariye umukurikirana mu bijyanye n’umukino we.

Mu masaha y’ikiruhuko uyu mwana w’umukobwa yemerewe kuza guhura natwe ndetse atwereka bimwe mu byo akora.

Hari ibyo tutabonye mu irushanwa rya East Africa’s Got Talent nk’uburyo abasha kwinjira mu ikarito bakamufungirana ndetse akamaramo umwanya atarahera umwuka, kujya mu ishashi bahahiramo ibiribwa, kwizingira ku nkingi y’inzu amaguru agakora ku mutwe n’ibindi byinshi.

Yavumbuye impano ye afite imyaka ine

Umutoniwase Evelyne avuka mu Karere ka Rubavu ni naho yakuriye. Ibyo akora avuga ko byatangiye kumuzamo akiri umwana muto w’imyaka ine.

Ati “Ntangira ibyo nakoraga wasangaga bitangaza abandi nafataga amaguru nkayashyira ku mutwe, umutwe ku kibuno n’ibindi bitandukanye.”

Uko yagendaga akura, akabona ibikorwa n’abandi ku mbuga nkoranyambaga, akanavumbura ibye yagiye azamura urwego kugeza aho akora ibirenze imitekerereze ya muntu.

Umutoniwase avuga ko aho yize mu mashuri abanza yabanje kujya atinya kwerekana impano yirinda ko bagenzi be bamuha akato.

Ati “ Rimwe na rimwe nangaga kubyerekana kuko nabonaga ari ibintu bidasanzwe kuko mu Rwanda nta wundi muntu nari nabona ubikora. Natinyaga kubikora aho abandi bantu bari mvuga ngo bashobora gutinya cyangwa bakambonamo iyindi shusho.”

Ababyeyi be nabo babanje kujya bamubuza kubikora ariko arabananira.

Aryama mu buryo budasanzwe

Uyu mwana w’umukobwa avuga ko akiri umwana muto ababyeyi be bamubwiraga ko yaryamaga bisanzwe ariko yamara gusinzira akaza kwihindukiza akaryama akoze uruziga.

Ibi byaranamukurikiranye amaze kuba mukuru ku buryo iyo agiye kuryama yandika uruziga aho kuryamira urubavu cyangwa se kubika inda nk’uko abandi babikora.

Ati “Ntabwo ndyama nk’uko abandi baryama. Ndyama njyenyine kuko nta muntu twararana, hari uburyo bunyorohera. Ndyama nkoze akantu kameze nk’uruziga ukuguru kumwe kuri ku mutwe ukundi kuri imbere hafi y’umunwa.”

Avuka ko iyo ameze gutyo atavunika ahubwo aba yumva agororokewe nk’uko yaba ameze agahaze bisanzwe.

Afite Impano nyinshi

Umutoniwase ntasanzwe kuko Imana yamuhundagajeho impano nyinshi cyane, kandi ibyinshi abikora neza nta wabimwigishije.

Afite ijwi ryiza ku buryo ntacyo wamuveba mu kuririmba, abasha kubyina imbyino gakondo, n’iza kizungu, atwara igare ndetse moto.

Ati “ Nkunda ibintu byo gukora udushya niba mvuze ngo ngiye gukorera siporo ahantu mu giti hejuru ngomba guhita nivumburamo ko ntagira ubwoba niba nta bwoba mfite ndajya gutwara igare, niba ntwaye igare na moto nayitwara.”

Ashaka gutungwa n’impano ye

N’ubwo ari kwiga ibijyanye n’ubukerarugendo, mu mutwe wa Umutoniwase Evelyne ntiharimo kuzajya gushaka akazi kajyanye nabyo ahubwo ngo yiga ‘kugira ngo yagure ubumenyi bwe.’

Intego ye ni ugutungwa n’impano ye ndetse akaba yashinga ishuri ryigisha nk’ibyo akora ndetse akazamura ibendera ry’u Rwanda mu mahanga.

Ati “ Nifuza kuzaba umuntu ukomeye muri uyu mukino nkazajya nasohokera igihugu nkafatanya n’abandi nkashinga ishuri ririmo imiromo ijyanye n’iyi nkora. Ndateganya kuzatungwa n’impano yanjye.”

Akeneye ubufasha

Uyu mwana avuga ko ibyo akora byose ari ibiri mu maraso ye nta hantu na hamwe yigeze abyiga uretse ibyo yabonye kuri interineti. Yemeza ko aramutse ahawe amahugurwa n’abandi babifiteho ubumenyi buhagije impano ye yakura ikamenyekana ku rwego rw’Isi.

Ati “Hanze hari abantu babikora, bafite ibikoresho bihagije ariko njyewe mbikora njyenyine, urumva rero nkeneye umuntu ugomba kunzamura akazajya anyigisha.”

Umutoniwase avuga ko aramutse ahuye na Perezida wa Repubulika Paul Kagame yamusaba guteza imbere umukino we nk’uko indi yose ishyigikirwa.

Ati “Mpuye na Perezida namubaza ikibazo kimwe. Namubaza niba mu Rwanda hari impano zifashwa n’izidafashwa.”  

Evelyne yizingira ku ngingi nta kintu kimufashe    

Yinjira mu ishashi akuzuramo neza n'Imashini bakayifunga


Yiburungushura nk'inzoka

Yahawe umwarimu umukurikirana 

Umubiri wa Evelyne uragororotse cyane 


Yizingira mu gakarito gato agakwirwamo

REBA IMPANO IDASANZWE Y'UMUKOBWA WIZINGIRA MU IKARITO, KU NKINGI,..


VIDEO: Ivan Eric Murindabigwi-Inyarwanda Tv






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Nkusi Norbert4 years ago
    Ibyo birumvikanako hari umwuka umukoresha! Wenda ibyo akora nibisanzwe nabandi barabikora arikose nigute aryama neza yasinzira akizingazinga!
  • Dushimirimana Theoneste 4 years ago
    Jye ntangajwe cyane niriya mpano y'umwana w'umukobwa. Ndumva ikigo yigaho bafatanya n'ubuyobozi bw'akarere bagakorera uwo mwana ubuvugizi muri Minisiteri ibishinzwe, bakamushakira umutoza, niba habaho amarushanwa mpuza mahanga akazafashwa kuyitabira. Ikindi ntibaza mwihererane haramutse habaye nk'ibirori bikomeye bakamujyana akabyerekana ndahamya ko yahakura abatera nkunga. Gusa sibabura gushimira abamufasha uko bashoboye harimo ikigo yigaho ndetse n'inyarwanda.com
  • manzi david4 years ago
    uyu mwana arashoboye pe bazakomeze bafashe imanoye





Inyarwanda BACKGROUND