Umugore w'imyaka 73 wo mu majyepfo y'u Buhinde muri Leta ya Andhra Pradesh yabyaye abana b'abakobwa b'impanga umugabo we ahita agwa muri koma.
Mangayamma Yaramati avuga ko we n'umugabo we ufite imyaka 82 y'amavuko bari baragerageje gusuma ariko byaranze kugeza binjiye izabukuru. Sitarama Rajarao umugabo we ati: "Turishimye cyane". Avuga ko umugore we yabashije gutwita hashize amezi abiri atangiye gufashwa hakoreshejwe buriya buhanga bwa IVF
Arakomeza ati: "Twari twaragerageje inshuro nyinshi,
twararebye abaganga benshi, ubu rero nicyo gihe gishimishije kurenza ibindi mu
buzima bwacu".
Uyu mubyeyi avuga ko yasaga n'uwahawe akato mu muryango no mu gace batuye, ndetse ngo mu makoraniro y'abandi babyeyi bamuhezaga kuko atabyaye. Ati: "Buri gihe banyitaga ingumba".
Nyuma y'uko bibarutse ariko, Bwana Rajarao yahise agira
ikibazo cyo gucika k'udutsi two mu mutwe (stroke) ubu akaba nawe yashyizwe mu
bitaro.
Aba bana bavutse nyina abazwe, uburyo kandi bwifashishwa mu kubyaza kudasanzwe. Mu 2016 undi muhindekazi wari mu myaka 70 witwa Daljinder Kaur nawe yabyaye umwana w'umuhungu.
TANGA IGITECYEREZO