Muri Werurwe 2019 ni bwo habaye irushanwa rya SALAX Awards. Icyo gihe abahanzi bari mu byiciro icumi barahembwe ndetse hari amafaranga igihembo kimwe cyagombaga kujyana nayo. Nyuma y’itangwa ry’ibihembo abahanzi bategereje amafaranga baraheba kugeza magingo aya abahanzi ntabwo barabona amafaranga yabo kimwe mu byo bahamya ko barambiwe.
Bijya gutangira
abahanzi bagombaga guhembwa Miliyoni imwe y’amafaranga y’u Rwanda kuri buri
gikombe bari kuba begukanye. Bagiye gushyikirizwa ibi bihembo, abahanzi
batunguwe no gusanga bagiye guhabwa 700000frw. Nyuma Inyarwanda
yamenyeshejwe n'abategura SALAX Awards ko byatewe nuko hari ibyiciro byongewemo
bitari byarateganyijwe bityo bigabanya amafaranga umuhanzi yakabaye ahabwa.
Nyuma abahanzi baje
kumenyeshwa ko amafaranga bazahabwa nayo agabanywa bitewe n'uko hari imisoro
bagombaga gutanga muri Rwanda Revenue Authority. Aha buri muhanzi yari agejejwe
ku mafaranga y’u Rwanda ibihumbi 595,000frw. Mu minsi ishize ubuyobozi bwa AHUPA
butegura SALAX Awards bwatangarije Inyarwanda ko bwatangiye kwishyura abahanzi
aya mafaranga ndetse hari nabahanzi batangiye kuyafata.
Abahanzi babonye iyi
nkuru bose bamaganye amakuru yuko hari abamaze gufata aya mafaranga. Benshi mu baganiriye na
Inyarwanda bahamirije umunyamakuru ko batigeze bahabwa aya mafaranga, ndetse
kugeza kuri uyu wa Gatatu tariki 14 Kanama 2019 abahanzi bari batangiye
kwikusanya ngo babe batangaza ikibazo bafite.
Ahmed Pacifique umuyobozi wa AHUPA itegura SALAX Awards
Mu kiganiro Inyarwanda
yagiranye n’uhagarariye Federasiyo ya muzika mu Rwanda Intore Tuyisenge
yatangaje ko ikintu
cyabaye ari uko uwagombaga kwishyura abahanzi ari kubigendamo biguruntege bityo
kuri ubu rero ngo ibiganiro ntibikiri ngombwa bagiye gushaka uko biyambaza
inzego zibakuriye zibafashe gukurikirana iki kibazo.
Intore Tuyisenge
yagize ati” Yakabaye yarishyuye hashize ibyumweru bitatu bemeranyije n’uwateguye
SALAX Awards kuba yatangira kwishyura abahanzi, kuri ubu ngo kuba ataratangira
kubishyura ni ikibazo gikomeye.” Ku bwa Tuyisenge Intore umuyobozi wa Federasiyo ya muzika ngo mu minsi
ya vuba cyane bagiye kwicara barebe niba hagira igikorwa abahanzi
bagashyikirizwa amafaranga yabo cyane ko hari n’inzego zifite ubushobozi bwo
kubishyuriza.
Intore Tuyisenge
yatangarije Inyarwanda ko ubwo baheruka kuganira n'uwateguye SALAX Awards
yabamenyesheje ko atari ari mu Rwanda impamvu yatumye abahanzi batinda kubona
amafaranga yabo. Icyakora ku rundi ruhande Tuyisenge ahamya ko iyi ari impamvu
itumvikana cyane ko kompanyi itagira umuyobozi umwe ngo nabura abahanzi babure
amafaranga yabo. Ikindi ahamya ni uko urugendo rw’uyu muyobozi rutakabaye
impamvu yo kugira ababihomberamo, bityo ngo mu minsi iri imbere bagiye kureba
uko bakwiyambaza izindi nzego abahanzi babashe kwishyurwa.
TANGA IGITECYEREZO