Nizigiyimana Abdoul Kalim wamamaye ku izina rya Mackenzie akaba yari myugariro w’iburyo mu ikipe y’igihugu y’u Burundi, yamaze gushyira hanze umwanzuro yafashe wo gusezera muri iyi kipe iheruka muri AFCON 2019 akaba yari ayimazemo imyaka 12.
Nizigiyimana
ni Umurundi nk’igihugu cyamubyaye, akaba rurangiranwa mu Rwanda aho yagiriye
ibihe byiza mu ikipe ya Rayon Sports (2011-2015).
Aganira na INYARWANDA,
Nizigiyimana yavuze ko ari ibintu yari amaze iminsi atecyerezaho cyane bityo
kuri uyu wa Mbere tariki 12 Kanama 2019 ukaba wari umunsi wo kubimenyesha
abakunzi be n’abavandimwe babana mu ikipe y’igihugu y’u Burundi ndetse n’abo
bagiye bayihuriramo bose.
“Nasezeye.
Ni ibintu natecyerejeho, nafashe umwanya uhagije mbyigaho nsanga ibyo nari
nshoboye byose narabitanze”. Nizigiyimana
Nizigiyimana ubwo yari muri Gormahia FC
Nizigiyimana
umaze imyaka 12 mu ikipe y’igihugu y’Abarundi, yabaye mu ikipe ya Vital’O
(2006) mbere yo kuza muri APR FC (2008-2009).
Nizigiyimana (6) yari amaze iminsi ari kapiteni w'u Burundi
Nizigiyimana
yavuye muri APR FC agana muri Kiyovu Sport (2009-2010) aho yavuye akajya muri
AS Vita Club (2010) mbere yuko kandi agaruka muri Vital’O (2010-2011).
Mu 2011
Nizigiyimana yagarutse mu Rwanda akina mu ikipe ya Rayon Sports kugeza mu 2015
ubwo yahitaga ajya muri Gormahia FC muri Kenya akaba yaratandukanye nayo mu
mpera za 2018.
Muri
Gashyantare 2019, Niziyimana yasinye muri Vipers SC muri Uganda ariko akaba
yarasoje shampiyona 2018-2019 agahita asinya muri Wazito FC mu cyiciro cya
mbere muri Kenya.
Nizigiyimana Abdoul Kalim Mackenzie asanga yaratanze ibyo yari afite
Nizigiyimana
yari mu ikipe yakoze amateka yo kubona itike y’igikombe cya Afurika cy’ibihugu
2019 aho babigezeho bwa mbere mu mateka y’umupira w’amaguru w’u Burundi.
TANGA IGITECYEREZO