Hervé Renard umutoza w’umunyabigwi watwaye ibikombe bibiri by’Afrika, wari umutoza w'ikipe y'igihugu ya Morocco y'umupira w'amaguru kuva mu mwaka wa 2016, yatandukanye nayo ajya gutoza Arabia Saudite nk'umutoza mukuru.
Hervé w’imyaka 50 y’amavuko
yafashije Morocco kwitabira bwa mbere imikino y’igikombe cy’Isi mu myaka 20
ishije, ariko yaje kwirukanwa nyuma y’uko Morocco isezerewe mu mikino y’amatsinda
y’AFCON 2019, itsinzwe na Benin kuri penaliti.
Herve w'imyaka 50 watwaye ibikombe bibiri by'Afrika nk'umutoza akaba agiye gukomeraza ubutoza muri Arabia Saudite
Hervé Renard watwaye
ibikombe bibiri by’Afrika, aho mu mwaka wa 2012 yagitwaye ari umutoza mukuru wa
Zambia no mu mwaka wa 2015 agitwara ari umutoza wa Cote d’Ivoire. Uyu mutoza
uvuka mu gihugu cy’u Bufaransa yaje kwerekeza muri Afrika y’Amajyaruguru, aho
yari umutoza uhembwa amafaranga menshi ku mugabane w’Afrika.
Ubutumwa Renard yanyujije kuri Twitter ahakana ko yaba agiye gutoza Senegal
Nyuma yo gutandukana na Morocco
hari amakuru menshi yavugaga ko ashobora kuba yajya gutoza ikipe y’igihugu ya
Senegal cyangwa Misiri, gusa yaje kubihakana abicishije ku mbuga nkoranyabaga akoresha.
Kuri ubu Saudi Arabian
Football Federation (SAFF), yatangaje ko uwahoze ari umutoza wa Lille yo mugihu
cy’u Bufaransa, Hervé Renard ari umutoza mushya wa Arabia Saudite aho aje
gusimbura umunya Argentine Juan Antonio Pizzi wayitozaga.
Hervé Renard yasinye
amasezere y’imyaka ibiri n’igice na Saudi Football Federation yo kuba umutoza
mukuru wa Arabia Saudite nk'uko byatangajwe na Saudi sports daily.
Hervé Renard yitezweho
kujyana ikipe ya Arabia Saudite mu gikombe cy’Isi cyizabera muri Qatar mu mwaka
wa 2022, aho Arabia Saudite yageze mu majonjora ya kabiri, ikaba iherereye mu
itsinda rya kane (D) ririmo ibihugu nka Uzbekistan, Palestine, Yemen na
Singapore.
Hervé Renard yatoje amakipe y'igihugu atandukanye
nka Angola (2010), Zambia (2008-2010), Ivory Coast (2014-2015) na Morocco (2010-211)
.Yatoje amakipe (Clubs) nka; SC
Draguignan (1999–2001), Song Da Nam Dinh na Cambridge United (2004), AS
Cherbourg (2005–2007), USM Alger (2011), Sochaux (2013–2014) na Lille (2015).
Paul
Mugabe/Inyarwanda.com
TANGA IGITECYEREZO