RFL
Kigali

“Senderi ni umusaza njye ndi umusaza mu gakino,... niba avuga ko ndi umusaza ubwo ni papa” Uncle Austin na Senderi Hit bakozanyijeho mu magambo –VIDEO

Yanditswe na: Emmy Nsengiyumva
Taliki:21/07/2019 13:45
0


Mu minsi ishize nibwo twagiye tubagezaho inkuru z'ukuntu Uncle Austin na Senderi Hit batumvikana. Aba bagabo basa n'abahanganye mu muziki kuri uyu wa Gatandatu tariki 21 Nyakanga bataramiye mu gitaramo kimwe cya Iwacu Muzika Festival cyabereye i Ngoma. Nyuma y’iki gitaramo aba bagabo bakozanyijeho mu magambo bapfa ubusaza.



Mu minsi ishize nibwo Uncle Austin yagaragaje ko Senderi ashaje mu buryo bwo gutebya. Senderi wabonye iyi foto yabwiye Inyarwanda ati "Njye ndashaje ndabyemera ariko nanga abantu bigira impinja kandi bashaje." Senderi Hit yatangaje ko atajya avugana na Uncle Austin ndetse nta kintu bavugana ati "Ntacyo navugana n'abantu bavuga, bahereye mu 2000 bavuga n'ubu baracyavuga twe tuvugisha ibikorwa ibyiza biri imbere.” Abajijwe ubutumwa yagenera Uncle Austin uyu muhanzi yagize ati "Ndamukunda”.

Uncle Austin acyumva aya magambo ya Senderi Hit yagize ati "Niba ndi umusaza ubwo ni papa wanjye, njye ntacyo napfa n’umusaza. Senderi Hit ni umusaza njye ndi umusaza mu gakino.” Aba bagabo badahuza niba bajya baganira igihari cyo ngo nta kibazo cyihariye bafitanye usibye ibya muzika. 

Senderi Hit na Uncle Austin bose bitwaye neza mu gitaramo cy’i Ngoma batangiye gushyamirana mu magambo bapfa kumenya uyuboye injyana ya Afrobeat aho kugeza n'ubu rukigeretse hagati yabo.

REBA HANO IKIGANIRO TWAGIRANYE NA UNCLE AUSTIN

REBA HANO IKIGANIRO TWAGIRANYE NA SENDERI HIT

Senderi Hit na Uncle Austin bataramiye i Ngoma mu gitaramo cya Iwacu Muzika Festival 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND