RFL
Kigali

Umunyamakuru Benjamin wamamaye nka Gicumbi yasabye anakwa Delphine bakoranye igihe kuri Radio10-AMAFOTO+VIDEO

Yanditswe na: Emmy Nsengiyumva
Taliki:19/07/2019 21:06
1


Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 19 Nyakanga 2019 umunyamakuru w’icyamamare mu bijyanye n’imikino mu Rwanda Benjamin uzwi nka Gicumbi ni bwo yasezeranye imbere y’amategeko. Nyuma yo gusezerana, yasabye anakwa Umuhoza Delphine bakoranye igihe kuri Radio10.



Tariki 30 Ukuboza 2018 ni bwo Gicumbi yambitse impeta umukunzi we Umuhoza Delphine bari bamaze igihe kinini bakundana. Nyuma uyu musore yaje gutangaza ko afite ubukwe ndetse n'amatariki yabwo arayatangaza. Aha akaba yaratangaje ko ubukwe bwe buri tariki 19 na 20 Nyakanga 2019. Kuri uyu wa Gatanu tariki 19 Nyakanga 2019 ni bwo yasezeranye imbere y’amategeko mu gihe ku mugoroba w’uyu munsi yakurikijeho umuhango wo gusaba no gukwa.

Nyuma yo gusezerana imbere y’amategeko mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 19 Nyakanga 2019 hakurikiyeho umuhango wo gusaba no gukwa muri Rainbow Hotel Kicukiro ku mugoroba. Nyuma y’iyi mihango ku wa Gatandatu tariki 20 Nyakanga 2019 ni bwo hazaba umuhango wo gusezerana imbere y'Imana mu icyumba cy'amasengesho muri Lycee Notre Dame de Citeaux, nyuma abatumiwe bazakirirwe muri Uwoba Family.GICUMBIGICUMBIGICUMBIGicumbi nyuma yo guhabwa umugeniKarasiraClarisse Karasira yari yabutashyeJean lucImfurayacu Jean Luc yari mu bambariye GicumbiFuadiJean Butoyi yari yatashye ubu bukweButoyiFuadi ukorana na Gicumbi yari yabutashye ari kumwe n'umugabo wa Sandrine IshejaFuadiUmugore wa Fuadi nawe yari yaherekeje umugabo bataha ubukwe bw'umuvandimwe

REBA HANO UKO BYARI BYIFASHE MURI UYU MUHANGO

AMAFOTO +VIDEO: IRADUKUNDA Dieudonne (Inyarwanda.com)






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • hakizimana Emmy4 years ago
    congratulations





Inyarwanda BACKGROUND