RFL
Kigali

Inkomoko, ibisobanuro n’imiterere y’abitwa ba Benoît

Yanditswe na: UDAHOGORA Vanessa Peace
Taliki:16/07/2019 20:56
0


Benoît ni izina rikunze kwitwa ab’igitsina gabo, abenshi baryitwa bakomoka mu bihugu bivuga igifaransa. Iri zina rikomoka mu kilatini ‘benedictus’ bisobanura ‘uvuga ibyiza’ cyangwa ‘umunyamugisha’. Ab’abakobwa usanga bitwa ba Benoîte.



Imiterere ya ba Benoît

Benoît afite igikundiro muri kamere, ni umuntu uzi kumva ibitekerezo by’abandi, agira amarangamutima menshi kandi agira umutimanama mu byo akora byose. Aracecetse cyane kandi agira umutima woroshye, ashobora rimwe na rimwe kwiyibagirwa ku nyungu z’abandi. Akunze gutekereza ibintu byinshi ariko kubishyira mu bikorwa bikamugora, ashobora kuba umunebwe. Guhangana n’ubuzima bugoye bishobora kumugora cyane ku buryo ashobora guhungira mu biyobyabwenge cyangwa inzoga.

Ntiyikunda, abantu bamukundira ibiganza bye bihora byiteguye gufasha, ubuntu bwinshi agira  ndetse n’uburyo aha agaciro ubucuti nyakuri. Iyo akiri umwana, aba yoroshye cyane kandi yishimira kugaragarizwa urukundo no guterwa akanyabugabo n’umuryango we. Akunda kurangara mu ishuri, agaragaza ingufu cyane mu bikorwa byo mu matsinda, ahanini kubera ubushake agira bwo gufatanya n’abandi ndetse no kwishimira ubushuti.

Akunda abantu, inshuti ze, abo atazi n’abandi bose bashoboka, agira umutima ufunguriye buri wese, gusa ni umuntu ucecetse. Amahoro n’umutuzo ni ibintu yishimira ku buryo yakora n’ibintu bikomeye mu rwego rwo kugumana amahoro n’umutuzo. Mu, ni umukunzi mwiza wumva cyane ururimi rw’urukundo, azi kumva cyane umukunzi we no kuhgerageza kumumenya neza cyane mu rwego rwo guhuza nawe muri byose, aha agaciro cyane ubumwe n’ubwumvikane mu rukundo. Mu mirimo yifuza gukora harimo ubuhanzi, gukora ibijyanye n’imitako, gukora ibijyanye n’imisatsi, ibijyanye n’indabo, kuba umuyobozi w’ibikorwa runaka, ibintu bifite aho bihuriye n’itangazamakuru, ubuvuzi, amategeko cyangwa ibijyanye n’idini. Yakwishimira kandi gukora imirimo ituma agenda mu bihugu bitandukanye.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND