Urumogi ni cyo kiyobyabwenge gikoreshwa henshi, mu Bwongoreza 10% by'abarukoresha rubahindura imbata nkuko ikigo cy'ubuzima 'National Health Service' (NHS) kibivuga.
Mu Rwanda polisi ivuga ko urumogi
aricyo kiyobyabwenge kiganje cyane mu byo bafata bikoreshwa n'abantu benshi.
Nikki Thorne wo mu kigo Addaction
gifasha urubyiruko rufite ibibazo biva ku gukoresha ibiyobyabwenge, avuga ko
"ingaruka zo mu mutwe" ziva ku gukoresha urumogi arizo mbi cyane.
Yagize ati: "Duhura kenshi
n'urubyiruko rwatangiye urumogi ngo ni umuti wo kunanirwa kugenzura
amarangamutima yarwo, gusa birakomeza bigatera ibibazo byo mu mutwe".
Gukoresha urumogi buri munsi
biganisha ku ndwara ya 'psychosis' nk'uko bivugwa n'ubushakashatsi bwakozwe
n'ikigo King's College London.
'Psychosis' ni uburwayi bukabije bwo
mu mutwe aho intekerezo n'amarangamutima bisobanya bigatandukana n'ukuri
kw'ibiriho. Ibi bigashyira ku ndwara zikabije zo mu mutwe.
Madamu Nikki avuga ko ibi bigira
ingaruka cyane cyane ku bushobozi bwo kwibuka bikagira ingaruka mbi cyane ku myigire
y'umunyeshuri.
Ikigo NHS kivuga ko kunywa urumogi
bitera indwara z'ubuhumekero n'ibihaha. Ndetse bimwe mu bigize urumogi bitera
kanseri.
Mu gihe urufatanya no kunywa itabi we
bimwongerera ibyago bya kanseri y'ibihaha n'indwara zihoraho z'ubuhumekero.
Src:theguardian.com
TANGA IGITECYEREZO