RFL
Kigali

Ku nshuro ya mbere, umunsi mpuzamahanga w’abatanga amaraso wabereye mu Rwanda

Yanditswe na: Liliane Kaliza
Taliki:13/06/2019 20:10
0


Ikigo cy’igihugu cy’ubuzima RBC kirishimira intambwe u Rwanda rumaze gutera mu gutanga amaraso ku buntu



Nyuma yo gusanga u Rwanda rumaze gutera imbere cyane mu bijyanye no gutanga amaraso ku buntu, uburyo abikwa ndetse n’uburyo atangwamo byihuse, Ishami ry’umuryamgo w’abibumbye ryita ku buzima OMS ryahisemo ko umunsi mpuzamahanga ubera mu Rwanda

 Aha u Rwanda rwishimira intmbwe rumaze gutera mu bijyanye no gukusanya amaraso yatanzwe no kuyageza ku bitaro kuko kuri ubu bisigaye biba mu minota mike cyane ugereranije na mbere kuko ubu hasigaye hakoreshwa za drone mu kuyatanga

Ni muri urwo rwego Dr Gatare Swaibu ukuriye ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Gutanga amaraso gikorera mu Kigo cy’Igihugu Gishinzwe Ubuzima (RBC) amara impungenge abanyarwanda bose ko ntawe ukwiye gutinya ko gutanga amaraso bigira ingaruka ku buzima  kuko ngo nubundi insoro zitukura tugira mu mubiri ubwazo zangirika buri munsi, bishatse kuvuga ko iyo umuntu atanze amaraso uko yaba angana kose umubiri urayagarura mu gihe kingana n’amasaha 24,insoro zitukura aba yatakaje, mu minsi 56 aba yazisubiranye,umubiri ukora ku buryo buri munsi ukora andi maraso

Dr Gatare akomeza avuga ko ahubwo gutanga amaraso bifite inyungu nyinshi ku wabikoze nko kuba umuntu ukunda gutanga amaraso bimurinda kurwara umutwe bya hato na hato, umuntu utang amaraso kandi bimurinda kurwara umuvuduko w’amaraso,mikindi gikuru ngo ni ukuramira ubuzima bw’uwari ubuze amaraso

Kugeza ubu abatanga amaraso mu gihugu cyose bagera 65,512abatanga amaraso mu buryo buhoraho ni 26,596(40,6%)

 

 

 

     






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND