RFL
Kigali

"Nyuma ya Visit Rwanda na Made in Rwanda hakurikiyeho Study in Rwanda" Gakwandi Claude umuyobozi wa Study in Rwanda

Yanditswe na: Editor
Taliki:12/06/2019 11:31
5


Kuri uyu wa Kabili taliki ya 11 Kamena 2019 mu Kigali Serena Hotel, Abayobozi ba kaminuza zitandukanye n’umuyobozi wa gahunda yiswe 'Kwiga mu Rwanda' (Study in Rwanda) bagiranye ikiganiro n’itangazamauku basobanura ibyiza byo kwiga mu Rwanda.



Itangazamakuru ryasobanuriwe byimbitse ibyiza byo kwiga mu Rwanda aho Gakwandi Claude Umuyobozi wa Study in Rwanda yasobanuye uko iki gitekerezo cyaje mu mwaka wa 2014, nyuma y’imyaka itanu gusa hakaba hari kaminuza ifite abarenze 400.Claude Gakwandi yavuze ko nyuma ya Visit Rwanda na Made in Rwanda, hakurikiyeho Study in Rwanda.

Gakwandi Claude watangije 'Study in Rwanda'

Gakwandi Claude yasobanura ukuntu iki gitekerezo cyaje aho yazuze ko yatangiye ajyana abanyeshuri muri Canada mu mwaka wa 2004. Yavuze ko muri icyo gihe mu Rwanda nta Kaminuza nyinshi zari zihari kandi n'izari zihari ngo ntabwo zari zifite amashami abanyeshuri bifuzaga. Mu mwaka wa 2014 ni bwo Canada yafunguye Ambasade mu Rwanda aho babonye ubushake Abanyarwanda bafite mu kwiga bahita batera inkunga igitekerezo cyo kwiga mu Rwanda.

Prof.Tombora Gustave umwarimu akaba n'umushakashatsi muri UTB

Ushinzwe amasomo n’ubushakashatsi muri Kaminuza yigisha ubukerarugendo n’ikoranabuhanga (UTB), Prof Tombola Gustave yavuze ko n’ubwo hari abana b’abanyapolitiki cyangwa abana b'abakire bajya kwiga muri Kaminuza zo hanze bitavuze ko Kaminuza zo mu Rwanda zidatanga uburezi budafite ireme.

Prof Tombola Gustave yavuze ko n’ubwo umwana yoherezwa kwiga mu mahanga yiga ibintu bisa n’ibyo uwo mu Rwanda yiga bigatandukanira ku giciro. Ibi yabitangarije itangazamakuru hamwe na bagenzi be bigisha bakanayobora za Kaminuza zitandukanye zari zitabiriye uyu muhango muri gahunda yiswe 'Kwiga mu Rwanda' (Study in Rwanda).

Abayobozi bari bahagarariye Kaminuza zitandukanye

Uyu mwarimu akaba n’umuyozi ushinzwe amasomo muri Kaminuza yabwiye abari aho ati:Umukire ashobora gutanga amafaranga ye menshi mu mashuri arihirira umwana we hanze kuko ayafite, ariko ugasanga amasomo umwana we yiga ntaho ataniye n'ayo uwiga mu Rwanda.”


Iyi gahunda yiswe ‘Study in Rwanda’ iri gukorwa ku bufatanye bw’Ikigo cy’igihugu cy’iterambere (RDB) ndetse na (REB) hamwe na kaminuza zitandukanye ari zo African Leadership University (ALU), African Institute of Mathematical Studies, Open University, U.G.H.E. (University of Carnegie Melon Global Health Equity), Kaminuza y’u Rwanda n’izindi.


Hasobanuwe ko mu Rwanda hari ireme ry’uburezi kandi ribungabunzwe n'Inama nkuru y’uburezi (High Education Council). Gahunda yiswe iga mu Rwanda (Study in Rwanda) igamije kureshya za Kaminuza zo mu mahanga gushora mu Rwanda.

ANDI MAFOTO



Hari gukorwa ubukangurambaga bwo gushishikariza abantu kwiga mu Rwanda

UMWANDITSI: Paul Mugabe/ Inyarwanda.com






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Isingizwe Pacifique4 years ago
    Keretse nokwisoko ry'umurimo nakazi niberekana ko uwize hanze nuwize mu Rda, ntaho batandukaniye nibwo abanyaRda tuzabyumva.
  • Uwayo Aline4 years ago
    Yewe yaba u Rwanda rwamenyagako diplome uvanye mu Rwanda ntagihugu nakimwe wajyamo ngo uzabone akazi ibi ntibakwirirwa babitaho amafranga.mbona uyumushinga bashaka gushoramo amafranga bareba ikindi bawushyiramo kitariki.kuko ntiwabona umugande,umunyatanzaniya cg umu zambia waje kwiga mu Rwanda,ahubwo usanga abanyarwanda bize muribibihugu bahabwa agaciro karuta akabize mu rwanda!uyumushinga bawusubiremo bawige neza
  • WAPIWAPI4 years ago
    aliko ntimugassetse
  • Aaron4 years ago
    ibyo ntitubyanze nibyiza ark se nigute uzafata umwana wize muri havard umugereranye nuwize muri unulak cgwa izindi kaminuza hano kgl oya mwitubeshya education yacu turayizi bihagije
  • MP4 years ago
    uburezi bwo mu RWANDA burahenze cyane! muzabyigeho





Inyarwanda BACKGROUND