RFL
Kigali

Twasuye ubutaka butagatifu bwa Kibeho, sobanukirwa amazi y’umugisha bahamya ko akiza indwara akirukana amadayimoni-VIDEO

Yanditswe na: Emmy Nsengiyumva
Taliki:11/06/2019 13:06
0


Ubusanzwe mu Rwanda bikunze kuvugwa ko hari ahantu hatandukanye nyaburanga hateye amatsiko, hamwe muho benshi bagirira amatsiko ni ku butaka butagatifu bw’i Kibeho ahabereye Ibonekerwa ry’umubyeyi bikiramariya. Aha haba amazi y’umugisha abantu benshi bahamya ko akiza indwara akirukana n’amadayimoni.



Aka gace Inyarwanda.com twagatembereyemo dushaka kuganira nabaturage ku bijyanye n’aya mazi matagatifu, mu kiganiro twagiranye na bamwe mu baba baje kuvoma kuri aya mazi baduhamirije ko iyo wizera aya mazi ashobora kugukiza indwara ariko kaned anirukana imyuka mibi mu bantu.aya mazi ni ay’isoko yavutse ubwo umubyeyi Bikiramaliya yabonekeraga i Kibeho.

Aya mazi aturuka mu isoko yitiriwe umubyeyi Bikiramaliya abahatuye bahamya ko akurura abantu benshi baturutse imihanda yose, icyakora ariko nanone bahamya ko hakenewe ibikorwaremezo mu rwego rwo kwagura iterambere ry’aka gace. Aba baganiriye na Inyarwanda batangarije Inyarwanda ko aka gace gakeneye iterambere rihagije ku buryo abahasura baturutse kure babona aho bacumbika mu gihe bamaze gusenga.

kibeho

Bisaba kuzindukirayo kugira ngo usengere muri aka gace

kibeho

Iterambere riri kuhaza gake gakekibehokibehokibehokibehokibehokibehokibehokibehoAka gace karangwa n'aho gusengera henshikibehoMu kiliziya KibehokibehoMu gishanga ahari isoko y'amazi y'umugishakibehoAbaturiye aha baba bavomayo amazikibeho

Baba bahakora amasukukibehokibehoAmazi aturuka ku isoko y'umubyeyi Bikiramaliya

REBA HANO IKIGANIRO N’ABATURAGE BATUYE KU BUTAKA BUTAGATIFUBWA KIBEHO






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND