Nk'uko imaze kubitangaza kurukuta rwayo rwa Twitter, ikipe ya Simba Sports Club yatwaye igikombe cya Shampiyona cy’uyu mwaka muri Tanzania, ntabwo izitabira irushanwa rya CECAFA Kagame Cup ry’uyu mwaka rizabera mu Rwanda.
Ubuyobozi
bw’iyi kipe bwavuze ko impamvu iyi kipe itazitabira iri rushanwa ari uko byahuriranye n’irindi rushanwa rikomeye izitabira ry’amakipe yabaye aya mbere
iwayo muri Afurika (CAF Champions League).
Itangazo Simba SC yashyize ku rukuta rwayo rwa Twitter
Simba
ntabwo izitabira iri rushanwa mu gihe umwaka ushize yageze ku mukino wa nyuma aho
yatsinzwe na Azam 2-1.
CECAFA Kagame Cup igiye kubera mu Rwanda
nyuma y’imyaka itanu kuko yahaherukaga muri 2014. Uwo mwaka yegukanywe na
Al-Merrikh Sporting Club yo muri Sudani itsinze APR FC ku mukino wa nyuma.
CECAFA Kagame Cup y’umwaka ushize
yakiniwe muri Tanzania yegukanwa na AZAM FC itsinze Simba SC ku mukino wa nyuma
2-1, irushanwa amakipe yo mu Rwanda atitwayemo neza kuko APR FC yasezerewe mu
matsinda naho Rayon Sports isezererwa muri kimwe cya kane
Paul Mugabe/Inyarwanda.com
TANGA IGITECYEREZO