Neymar yabwiye ikipe ya Paris Saint Germain ko FC Barcelona ari yo kipe yonyine ashobora kwerekezamo, avuga ko adashaka kwerekeza Bernabeu mu ikipe ya Real Madrid.
Uyu
mukinnyi ukomoka mu gihugu cya Brazil umaze imyaka ibiri mu ikipe y’ I Paris,
ntabwo yishimiye ko ikipe ye iri kuvugana na Real Madrid ngo abe yayerekezamo
muri Nyakanga uyu mwaka. Madrid yerekanye ko ishaka uyu mukinnyi nyamara we
ntabwo ashaka kuba yayerekezamo.
Neymar
yatangaje ko ashaka kwerekeza mu ikipe ya FC Barcelona cyangwa akaguma muri
PSG, ko adashaka kwereza mu ikipe ya Real Madrid nk'uko
tubikesha Dailymail.
Ibinyamakuru
byo muri Esipanye byatangaje ko Perezida wa Real Madrid, Florentino Perez n’umwungiriza
we Jose Angel Sanchez bose bakoze uko bishoboka kugira ngo babe babasha gusaba
uyu mukinnyi kuba yakwerekeza i Bernabeu ariko we akaba ashaka kugaruka muri FC
Barcelona.
Uyu
mukinnyi w’imyaka 27 y’amavuko yaje muri PSG avuye muri Barcelona, yanditse amateka
yo kuba ariwe mukinnyi waguzwe menshi ku isi, aho yaguzwe miliyoni 198 z’amayero
mu mwaka wa 2017. Neymar yaje muri FC Barcelona mu mwaka wa 2013 aho yayimaze
Imyaka ine akayikinira imikino 123 ayitsindira ibitego 68.
PSG
ntabwo yifuzaga kugurisha uyu mukinnyi aho yamuzanye ishaka kuba yatwara
igikombe kiruta ibindi kumugabane w’uburayi UEFA Champions League.
Neymar
kandi ntabwo azagarara mu ikipe ya Brazil mu gikombe
cya Copa America nyuma yo kugira imvune ishobora gutuma amara ibyumweru bine
hanze. Yakomeje kwihangana mu mukino ikipe ye yakinaga na Qatar ariko nyuma y’iminota
20 yaje gusohoka yerekeza hanze y’ikibuga abaganga b’ikipe ya Brazil bajya
kumufasha.
Nyuma
yo kugira iyi mvune Neymar ari gukurikiranwa n’abaganga aho baza gutangaza
igihe azamara hanze nyuma yo kumukorera ibizami. Abaganga ba Brazil bavuze bati: Neymar yagize ikibazo cy’imvune gikomeye
bidatinze turaza gutangaza ku mugaragaro igihe azagarukira niba koko nta mukino n’umwe
wa Copa America 2019 azakina”.
Hanze
y’ikibuga Neymar ari gukurikanwaho gufata ku ngufu umukobwa w’umunyamiderikazi
ukomoka muri Brazil witwa Najila Trindade Mendes De Souza, nyuma yo kuba
yarababajwe n’uburyo Neymar yamufashe ku ngufu mu cyumba cya Hotel. Neymar yahuye
na Trindade ariko humvikana urusaku mu cyumba bari barimo.
Police
yo muri Brazil yatangije iperereza nyuma y'uko Trindade atangiye kuvuga ko
yafashwe ku ngufu. Trindade umunyamideri wikorera yavuze ko yakunze Neymar
mu mazina ye yose ariyo Neymar da Silva Santos Junior ndetse ko yifuje ko
babonana mu cyumba cya Hotel. Trindade yagaragaye avugana Neymar yicaye
ku gitanda aho Neymar yaje kuhamusiga.
Uyu
munyamiderikazi yatangaje ko agiye gushyira hanze uyu mukinnyi aho yavuze ati: "Ngiye kukubabaza, uzi impamvu ngiye
kukubabaza, Urayizi? Urabizi ko ngiye kukubabaza? Kubera ko wampemukiye wansize
njyenyine”.
Neymar
ashobora gukurikiranwa nyuma y'uko uyu mukobwa atangaje ibi, Trindade yavuganye
na Televisiyo imwe yo muri Brazil, ayitangariza ko
yahemukiwe aba igitambo biturutse kuri uyu mukinnyi.
Paul
Mugabe/ Inyarwanda.com
TANGA IGITECYEREZO