RFL
Kigali

Jonathan Raphael yavuze impamvu yatumye asezera muri Rayon Sports agasubira iwabo muri Brezil

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:5/06/2019 11:01
3


Jonathan Raphael Da Silva umunya-Brezil wakinaga muri Rayon Sports yamaze gusubira iwabo muri Brezil nyuma yo kurangiza amasezerano y’amezi atandatu (6) yari afite muri iyi kipe ifite igikombe cya shampiyona 2018-2019.



Jonathan wageze muri Rayon Sports mu Ukuboza 2018 avuga ko kuva yagera mu Rwanda atigeze abona icyamuzanye muri shampiyona y’u Rwanda kuko ngo yaje aje gukina akazamura urwego bityo ngo ntiyabibonye.

Nyuma yo gukina na AS Kigali umukino w’igikombe cy’Amahoro 2019 ndetse akanagira uruhare mu gutuma Rayon Sports itsinda igitego 1-0 bitewe n’igitutu yateje mu bwugarizi bwa AS Kigali, Jonthan yavuze ko agiye kugerageza ahandi kuko ngo acyeneye gukina kurusha guhembwa adakina.

“Naje muri Rayon Sports nje gukina ntabwo naje nje gutembera mu murwa mukuru w’ u Rwanda. Ntabwo nigeze mbona umwanya wo gukina kandi si uko ntari nshoboye ahubwo buriya haba hari impamvu ntazi. Abafana barankundaga kuko n’iminota micye nabaga ngiyemo babinyerekaga ko bankeneye. Gusa ntabwo ubuzima burangirira muri Rayon Sports”. Jonathan


Jonathan Raphael Da Silva yasezeye muri Rayon Sports 

Yakomeje agira ati" Muri Mutarama 2019 nakabaye naratashye ariko twumvikana n'abayobozi bambwira ko nahaguma. Nibwiraga ko bigiye guhinduka nkaba nabona umwanya ngakina ariko n'ubundi byarangiye ngizwe umukinnyi uri ku rwego rwo hasi. Si ibintu nakunze na gato".

Mbere kandi yo kurira indege, Jonathan yavuze ko agiye kubanza kujya mu rugo muri Brezil nyuma akazahava ajya muri Mexique aho afite ikipe bari mu biganiro bityo akazaba ariho akomereza gahunda z’umupira w’amaguru.


Jonathan Raphael Da Silva ku mukino wa AS Kigali

Kuva mu Ukuboza 2018, Jonathan Raphael Da Silva yatsindiye Rayon Sports igitego kimwe muri shampiyona ubwo batsindaga Amagaju FC ibitego 2-1 i Nyamagabe.

 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • donati4 years ago
    byari bikwiye kuko yafashwe nkumuswa kdi ashoboye bon voyage
  • Eric4 years ago
    Erega ntanubwo ushoboye ntabirenze afite niyigendere rwsose
  • Mbastonto4 years ago
    Usibye nawe n'abandi bazagenda





Inyarwanda BACKGROUND