RFL
Kigali

Inkomoko, ibisobanuro n’imiterere y’abitwa ba Mathieu

Yanditswe na: UDAHOGORA Vanessa Peace
Taliki:15/05/2019 18:12
0


Mathew cyangwa Mathieu ni izina rikunzwe kwitwa ab’igitsina gabo, mu kigereki ni Matthaios naho mu giheburayo bikaba Mattityahu, bikaba bisobanura ‘impano ya Yahweh’cyangwa ‘impano y’Imana’.



Imiterere ya ba Mathieu

Mathieu ni umugabo ugaragara nk’aho nta mikino agira, gusa imbere muri we ni umuntu ufite umutim woroshye kandi wumva ibintu. Akunda gukora ibintu bikarangira bikava mu nzira, gusa hari igihe ibintu yari afitemo imb araga mu kanya kamwe, mu kandi kanya bimuviramo intege nke. Ariyemera cyane, akunda gutegeka abandi ndetse nta kwihangana agira. Arahubuka mu byemezo afata, kandi akarakara vuba, ni umunyamahane ku buryo iyo arakaye avuga nabi cyangwa akavuga amagambo mabi bitari ngombwa akaza kuyicuza nyuma.

Akunda kwishyiramo ko abantu bamusuzuguye cyangwa batamwumva, bikaba ari byo bimutera kugerageza kwereka abantu bose ko ari umuhanga cyangwa se ari umuntu w’umugabo mu buryo runaka. Aba ashaka ko abantu bamubona nk’umuntu utagira ubwoba, wihagazeho kandi utinyuka gukora ibintu bikomeye. Iyo akiri umwana, ntabwo yigirira icyizere ku buryo biba ari ngombwa ko ababyeyi be bamushishikariza kwirermamo icyizere.

Mathieu akunda abantu no guhura nabo cyangwa kubahuza. Kugira abantu bamushyigikiye akunda kandi yizera ni ingenzi cyane kuri bo. Ni umunyamatsiko cyane kandi yiyumvamo ibintu bijyanye n’ubuzima bwo mu mutwe. Mu rukundo ni umuntu uhamye kandi ukunda umuryango we cyane. Yumvikana n’umukunzi we n’ubwo rimwe na rimwe avangamo kwiyemera. Akunda kandi imirimo ijyanye no gucuruza, icungamutungo n’ibaruramari, igisirikare n’ibindi bisaba ingufu nka siporo.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND