RFL
Kigali

Byatwaye umwanya utari muto kugira ngo abakinnyi b’Amagaju FC bemere ko batsinzwe na Rayon Sports-AMAFOTO

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:12/05/2019 8:45
5


Kuri uyu wa Gatandatu ubwo ikipe ya Rayon Sports yatsindaga Amagaju FC ibitego 2-1 ku kibuga cy’i Nyagisenyi mu karere ka Nyamagabe, abakinnyi b’Amagaju FC bashatse kwihanira abasifuzi babashinja ko babibye igitego cya kabiri cya Rayon Sports.



Byategereje umunota wa 83’ kugira ngo Mudeyi Suleiman atsinde igitego cya kabiri cya Rayon Sports nyuma yuko ko icyo gihe cyose cyari kigeze amakipe anganya igitego 1-1.

Mudeyi Suleiman wahawe amazina ya Clatous Chota Chama, umunyazambiya ukinira ikipe ya Simba SC muri Tanzania, yari yinjiye mu kibuga asimbuye Habimana Hussein wakinaga mu bwugarizi.

Ubwo iki gitego cyari kimaze kujya mu izamu, abakinnyi b’Amagaju FC bayobowe na Ndikumana Trésor nka kapiteni, bahise basatira umusifuzi wo ku ruhande abandi bajya ku musifuzi wo hagati bavuga ko batemera igitego batsinzwe mu minota ya nyuma ahubwo ko babibye.




Abakinyi b'Amagaju FC bazengurutse umusifuzi wo hagati ubwo Rayon Sports yari ibonye igitego cya 2

Nyuma gato, byaje gusa naho bicogoye amakipe yombi akomeza umukino n’ubundi waje kurangira Rayon Sports itahanye amanota atatu nyuma yo gutsinda Amagaju FC ibitego 2-1 mu mukino w’umunsi wa 27 wa shampiyona 2018-2019, shampiyona isigaje imikino itatu ikarangira.



Umusifuzi wo ku ruhande yisobanura 

Rayon Sports ni yo yafunguye amazamu ku munota wa 14' w'umukino ku gitego yatsindiwe na Jonathan Raphael da Silva mbere y'uko Emmanuel Ndubuisse yishyurira Amagaju FC ku munota wa 46' w'umukino. Mudeyi Suleiman yaje kwinjiza igitego cya kabiri ku munota wa 83' w'umukino.




Abakinnyi ba Rayon Sports bishimira igitego cya mbere

Nta gihindutse, Amagaju FC agomba kumanuka mu cyiciro cya kabiri bitewe nuko kuri ubu mu mikino 27 bamaze gukina bafite amanota 17 mu gihe Kirehe FC ibari imbere ibarusha amanota arindwi (7) kuko yo ifite amanota 24 ku mwanya wa 15 mu gihe Gicumbi FC iri ku mwanya wa 14 n’amanota 27. Bivuze ko mu mikino itatu isigaje, Amagaju FC atagera ku mwanya wa 14 ahubwo ko agomba gushaka impamba izayigeza mu cyiciro cya kabiri.

Hategekimana Jano umutoza mukuru w’Amagaju FC yabwiye abanyamakuru ko muri uyu mukino batabaniwe neza n’abasifuzi kuko ngo babibye igitego cya kabiri cyahawe Rayon Sports.

“Hari igihe ibintu biba bikarenga. Kubona umukinnyi agiye gusatira umusifuzi nuko hari ibyo aba yakoze bidashimishije abakinnyi n’abafana. Umusifuzi ntabwo yatubaniye, abanyamakuru namwe mwari muhari muzasesengure”. Hategekimana


Hategekimana Jano umutoza mukuru w'Amagaju FC

Nyuma yo kuba abakinnyi b’Amagaju FC basatiriye abasifuzi umukino ukiri kuba, na nyuma y’umukino bakomeje iyi gahunda yo kujya kubaza abasifuzi ibyo bakoze biba ngombwa ko polisi  y’igihugu itabara irinda umutekano w’abafana.

Muri uyu mukino, Rayon Sports yakinnye idafite Sarpong Michael wasimbuwe na Jonathan Raphael da Silva, Eric Rutanga Alba nawe ufite amakarita atatu y’umuhondo asimburwa na Irambona Eric Gisa. Iyi kipe yambara umweru n’ubururu yaje gutakaza Niyonzima Olivier Sefu wavunitse ku munota wa 25’ asimburwa na Donkor Prosper Kuka hagati mu kibuga.

Amagaju FC  yari mu rugo ntabwo yagize umukino mubi mu buryo bwa tekinike kuko nyuma yo guhuza umukino mu gice cya mbere baje kunganya na Rayon Sports ubwo bari bageze ku munota wa 46’.

Igice cya kabiri nibwo Amagaju FC bagize ikintu cyo gutinya batangira gukinira inyuma cyane banakora amakosa mu minota icumi ya nyuma , amakosa yabaviriyemo igitego ku munota wa 83’ ubwo Irambona Eric Gisa yarenguraga umupira ukaza kugera kuri Mudeyi Suleiman agahita aboneza mu izamu.

Amakosa y’Amagaju FC yatangiye kwiyongera ubwo Robertinho yari afashe umwanzuro wo gukoresha cyane abakinnyi basatira. Icyo gihe Manishimwe Djabel wakinaga inyuma y’abasatira izamu yasimbuwe na Mugisha Gilbert ahita asatira aciye ibumoso, Mudeyi Suleiman asimbura myugariro Habimana Hussein bityo Mudeyi asatira aciye ibumoso.

Mudeyi Suleiman na Jonathan Raphael Da Silva buri umwe yatsindaga igitego cye cya mbere muri shampiyona no muri Rayon Sports muri rusange.





Mudeyi Suleiman Clatous (13) yagize amahirwe mu mukino aha Rayon Sports amanota 3

Nyuma y’aya manota atatu, Rayon Sports yasubiye ku mwanya wa mbere n’amanota 63 mu gihe APR FC iri ku mwanya wa kabiri n’amanota 62 mu mikino 27 amakipe yombi amaze gukina.

Dore uko imikino yarangiye:

-SC Kiyovu 3-0 Espoir FC

-Musanze FC 2-1 Sunrise FC

-Bugesera FC 1-3 Police FC

-Amagaju FC 1-2 Rayon Sports FC


Habimana Hussein yasimbuwe na Mudeyi Suleiman


Ulimwengu Jules yashatse igitego arakibura

Manishimwe Djabel yasimbuwe na Mugisha Gilbert   



Iyo igice cya mbere kirangiye i Nyagisenyi inama zitangirwa mu kibuga imbere y'abafana 


Mazimpaka Andreu munyezamu wa mbere wa Rayon Sports  









Mu bice bitandukanye ubwo umukino byari igitego 1-1





Mudeyi Suleiman Clatous abyigana na Biraboneye Aphrodice (2)



Mugisha Gilbert (12) ukunze gufasha Rayon Sports mu minota ya nyuma 


Ndikumaa Tresor kapiteni w'Amagaju FC akaba umukinnyi mwiza hagati mu kibuga 








Ibyishimo by'abafaba ba Rayon Sports i Nyamagabe kuri uyu wa Gatandatu

PHOTOS: Saddam MIHIGO (Inyarwanda.com)





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • NDAYAMBAJE ERIC4 years ago
    OOH RAYO TUZAKUNGWA INYUMA!!
  • Mwalumu Gati4 years ago
    Murebe uko unaga umupira yawunaze nibwo mumenya niba harabayeho kwibeshya kW*abasizfuzi cyangwa harabaye kwiregagiza iminagire y"imipira irengurwa.
  • yassin4 years ago
    gira uti amagaju byayagoye kwakirako agiye kuruka inote za Apr kuko batashoboye gusoza ubutumwa bwababatumye
  • Baziki.gerard4 years ago
    reyo tuzagwa inyuma gusa amgaju yihangane aramanutse tu!!!!
  • Mushimiyimana Darius Iverson4 years ago
    Amagaju mwihangane





Inyarwanda BACKGROUND