RFL
Kigali

Aline Gahongayire uticuza ibyo aherutse kuvuga mu buhamya, yasabye imbabazi abo byaba byarakomerekeje

Yanditswe na: UDAHOGORA Vanessa Peace
Taliki:10/05/2019 14:49
15


Umuhanzi mu ndirimbo zo guhimbaza Imana Aline Gahongayire, kuri uyu wa gatanu tariki 10/05/2019 yatanze ikiganiro kuri Kiss FM avuga uruhande rwe ku bijyanye n’ibyo aherutse gutangaza mu buhamya bwe mu gikorwa cyiswe ‘Because There is Hope’. Yavuze ko nta kosa ryo kwicuza abona mu byo yavuze, cyakora asaba imbabazi ababa baramwumvise nabi.



Mu minsi ishize Aline Gahongayire yokejwe igitutu cyane cyane n’itangazamakuru ryo mu Rwanda kuko yarigarutseho mu buhamya bwe avuga ko ritari ku rwego rwe. Ni ubuhamya bufite iminota irenga 30 aho Aline yagarutse kuri byinshi mu bigeragezo yahuye nabyo mu buzima. Uduce dutandukanye tw’amashusho y’ubu buhamya twagiye dusakazwa ku mbuga nkoranyambaga, ihuriro ry’abanyamakuru bakora imyidagaduro mu Rwanda risohora itangazo rigaragaza ko bababajwe n’ibyo Aline yavuze ndetse basaba abanyarwanda kudaha agaciro ubuhamya bwe.

Benshi bifuzaga ko Aline yagira icyo abivugaho, amaherezo rero umunsi wageze atangariza Kiss FM ukuri kwe mu kiganiro yakoranye na Antoinette Niyongira. Aline yashimangiye ko yari yarabitse umunezero we mu muntu kandi Imana ivuga ngo ‘uwizera umwana w’umuntu avumwe’,  ngo umunezero uva mu muntu ntabwo wizerwa. Antoinette yamubajije niba gupfusha umwana byaba biri mu byamutandukanyije n’umugabo, Aline avuga ko atariko bimeze, gusa yirinda gutangaza indi mpamvu yabatandukanyije ngo kuko yumva atari cyo gihe cyabyo.

Aline

Aline Gahongayire yasabye imbabazi uwaba warakomerekeje n'ibyo yavuze mu buhamya bwe

Yabajijwe kandi niba yanga abarokore nk’uko yabivuze muri ubwo buhamya butavuzweho rumwe, Aline avuga ko atabanga ahubwo yanga imico ya bamwe muri bo irimo guca imanza no kutabanza gushishoza ngo bamenye icyateye umuntu gukora ikintu runaka. Ati “Ariko si bose, ni bamwe na bamwe, aba umwe agatukisha bose”. Aline kandi yavuze ko ari umunyantege nke ariko akaba atabereyeho kwamamaza intege nke ze, ahubwo ngo abeshwaho n’ubuntu bw’Imana, yo yakira umuntu wese uko ari.

Antoinette yamubajije ati “Ese koko nturi ku rwego rumwe n’itangazamakuru ryo mu Rwanda?” Aline asubiza ati “Iyo nza kuba ntari ku rwego rumwe nabo sinari kubaha indirimbo zanjye, nashakaga gutanga ubutumwa ku bantu bahura n’ibigeragezo... agaciro k’itangazamakuru ndakazi kuko nanjye ndikoramo. Ngiye gusuzugura itangazamakuru ninjye wa mbere naba ngiye kwisuzuguza, kuko uyu munsi nta heza nk’iwacu... Uwaba yarabyumvise nabi, yaba umunyarwanda, yaba umunyamakuru, ambabarire…”

Umunyamakuru yongeye kumubaza ati “Nk’umuntu, mu buhamya watanze… ese ni irihe kosa wumva waba warakoze? Niba rihari, wumva wararikoreye nde?.. tuvuge, icyo wumva umutima ugushinja…” Aline ati “Nta kintu na kimwe umutima unshinja, reka nkubwire ahantu hari ikibazo: hari uburyo bwo kuvuga hari n’uburyo bwo kumva… uburyo bw’imyumvire y’abantu, nibwo bushobora kuba bwarakomeretse, ariko njyewe nyir’ukuvuga, navuze nkanjye ariko uwaba uko navuze byarumviswe nabi, ni ukuri ambabarire. Niba byarumviswe neza, Imana imuhe umugisha. Uwabonye short videos (amashusho magufi)  zigenda, namugira inama yo kuzareba video yose kandi ukuri kuzamubatura.”






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Ntwali4 years ago
    Mubyukuri Aline simwanga pe, nakundaga indirimbo ze, ariko nkurikije ubuhamya yatanze, nafashe umwanzuro wo kutazongera kumva indirimbo ze. ahubwo sinzi impamvu asaba imbabazi kandi atamera ikosa?
  • dudu4 years ago
    Ko yifotoje agaragaza ijisho rimwe nkabo muri Illuminati?tuzaba tumenya iby'aba biyita abakozi b'imana
  • Angel ingabire4 years ago
    Gufatanya n abandi
  • Angel ingabire4 years ago
    Kwifatanya n abandi gutanga ibitekerezo
  • Kayihura4 years ago
    Ariko nta kibibyakoze ubwo ahubwo abamwanjamye n abo ukuri kwariye,we yavugaga utangazamakuru ryamugenzeho rimusebya kandi twarabibonye rero abo ntibari ku rwego rwe nyine ni abo kureba dessin animE kuko badakora kinyamwuga.
  • Mandera 4 years ago
    gewerero nonehombonyenezako uyumumama adacabugufinagato nonese arasaba imbabazi atemera ikosa ubwosenanone aravuga ibiki?ubu arabonako abanyarwanda batazikumva inamanamugira nugutuza nogucabugufi akagabanya amashagaga mubyukuri urebye video nuburyoyavugagayigira uhitanezaneza ubona uko ateyenomubuzima busanzwe naho ibyoyaciyemo birumvikanabirababaje arikoyibukeko iyo unyereye jyawiyumvishako harihononeho uwunyereye akanagwa ibyorerowanyuzemo harinabaciyemubirenze ibyawe arikobaratuje Mada jy'ubimfura ishenjagira ishira ibyawe byerek'imana yonyine naho nukomezagusohorakamere nakazikawe bazakota Baca umuganingo ubupfu bwizihira nk'ubutega
  • milliano4 years ago
    iyabivuze nokubikora izabikora....Aline wacu keep up .uba murwihisho rwisumbabyose azaguma mugicucu cyishoborabyose
  • Emmy4 years ago
    Nukuri wakoze gusaba imbabazi. uwiteka akubabarire
  • mimi4 years ago
    Njye sinkunda kumva indirimbo za Aline nyumva igisohoka gusa si indirimbo zinshitura cg ngo zimfashe ariko nabonye ibitambuka ku mbuga nkoranyambaga bituma nshaka ubuhamya bwe bwose ndabwumva nasanze nta kibi yavuze pe abantu bareje kumva uduce ahubwo bumve contexte yashakaga kumvisha abamukurikiye ko Imana yamuzamuye ko guhura nibigeragezo atari urupfu. Rero ntimugakabirize ibintu
  • pikore4 years ago
    Uyu mwana ni mwiza pe. Mumuhe amahoro. Nakurahe tel ye nzamwiganirize
  • adeline kely4 years ago
    ndumva arine niba yarakosheje agasaba imbabazi agombakuzihabwa niko mbyumva.
  • Cecenko4 years ago
    Sha njyewe aline singishaka no kumwumva! Ubuhamya bwe bwose bwuzuyemo ubwiyemezi gusa! Ariko mumureke yifitiye akabazo mumutwe!
  • mandela4 years ago
    ibaze nanubu kuba atarabona ko buriya buhamya yatanze bwuzuyemo ubwirasi nubwibone. usibye ibyo yavuze gusa nuko yariyitwaye byobyonyine bigaragaza ko yariyuzuyemo umudaimon wumwibone. we namugira inama agasubira nawe akareba buriya yita ngo nubuhamya hanyuma nawe akigaya akemera amakosa. niba ataribyo niyisengere umudaimon wogutsimbarara kumakosa nuwibwibone bimuvemo. imana ikomeze imutembereze
  • Didi grey4 years ago
    Gusaba imbabazi nubutwari nazihabwe
  • kanimba4 years ago
    ReKa mbabwize ukuri uyu mukobwa niba ari umudame simbizi azi kururimba pe cyane gusa nta agakiza afite muri we ni ubwibone gusa bumwuzuyemo peee





Inyarwanda BACKGROUND