RFL
Kigali

Umunyamakuru wa BBC yirukanwe kubera kugereranya umwana wa Meghan Markle n’inkende

Yanditswe na: UDAHOGORA Vanessa Peace
Taliki:9/05/2019 12:57
2


Nyuma y’iminsi 2 gusa avutse, umwana w’igikomangoma Harry na Meghan Markle, yatangiye gukorerwa ivanguraruhu kubera inkomoko ya nyina. Umunyamakuru Danny Baker wa Radio 5 Live ya BBC yirukanwe ku kazi nyuma yo kugereranya uyu mwana n’inkende n’ubwo yavuze ko byari urwenya nta mutima mubi yabikoranye.



Muri uyu wa 3 nibwo hatangajwe ko Meghan Markle yibarutse umwana w’umuhungu yabyaranye n’umugabo we Prince Harry, igikomangoma cy’ubwami bw’ubwongereza. Uyu mwana yiswe Archie Harrison Mountbatten-Windsor, amahanga yose yifatanyije n’umuryango w’I Bwami kwishimira uyu mwana. Mu Kinyarwanda baravuga ngo akabaye icwende ntikoga, ibi ntibyabujije bamwe guhuza uyu mwana n’amateka ya nyina ufite inkomoko ku mubyeyi w’umwiraburakazi wo muri Amerika.

Shame

Nyirakuru wa Archie ni umwiraburakazi wo muri Amerika

Danny Baker, umugabo w’imyaka 61 akaba n’umunyamakuru wa Radio 5 Live ya BBC yashyize ifoto kuri Twitter, aza kuyisiba kubera uburyo abantu batakiriye neza ubutumwa iyi foto itanga. Yari ifoto y’umugore n’umugabo wafashe agakende kambaye imyenda, arangije yandikaho ati “Umwana w’I Bwami ava mu bitaro”. Abantu benshi bababajwe n’ibyo uyu mugabo yari akoze, babifata nk’ivangura ryo ku rwego rwo hejuru uyu mwana utaramara icyumweru ku isi atangiye gukorerwa kubera inkomoko ya nyina.

Shame

Iyi niyo foto umunyamakuru yashyize kuri Twitter agereranya umwana wa Meghan Markle n'inkende

Shame

Umunyamakuru Danny Baker wagereranyije Archie n'inkende

Nyuma y’ibi, uyu mugabo yirukanwe na BBC bavuga ko ibyo yakoze bidakwiye ndetse bidahwanye n’indangagaciro BBC  ishyira imbere mu mikorere yayo.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Hugo4 years ago
    Birababaje, ntawiremye
  • Dumbuli4 years ago
    DANNY yakoze amabara agomba no gukurikranywa mu nkiko kuko iri ronda ruhu rirakaze ku buryo bimuviramo no gutuka abami uyu musaza atahe akurikiranwe mu mategeko.





Inyarwanda BACKGROUND