RFL
Kigali

Kiyovu Sport idafite Nizeyimana Djuma yakoze imyitozo ya nyuma bitegura AS Kigali-AMAFOTO

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:25/04/2019 19:31
0


Ku gica munsi cy’uyu wa Kane ni bwo ikipe ya Kiyovu Sport yakoze imyitozo ya nyuma yitegura umukino ifitanye na AS Kigali kuri uyu wa Gatanu tariki 26 Mata 2019 bakina umunsi wa 24 wa shampiyona 2018-2019. Kiyovu SC izakina idafite Nizeyimana Djuma urwaye akabombankore.



Kiyovu SC iri ku mwanya wa kane n’amanota 38 mu mikino 23 imaze gukina ikaba iri mu rugamba rutoroshye rwo kuzaza mu makipe ane (4) nyuma ya shampiyona 2018-2019.

Nizeyimana Djuma ni umwe mu bakinnyi bahagaze neza muri shampiyona 2018-2019 yari amaze kugwiza ibitego 12 anganya na Ulimwengu Jules wa Rayon Sports.


Nizeyimana Djuma yari yicayeb muri sitade Mumena 

Karera Hassan myugariro mu mutima w’ubwugarizi nawe ntazakina uyu mukino bitewe nuko yahawe ikarita itukura ubwo Kiyovu SC yatsindwaga na Gicumbi FC igitego 1-0 mu mukino w’umunsi wa 23 wa shampiyona.



Karera Hassan ntazakina uyu mukino kuko yabonye ikarita itukura ubwo SC Kiyovu yatsindwaga na Gicumbi FC

Mu myitozo yayobowe na Alain Kirasa umutoza mukuru wa Kiyovu Sport wabonaga abakinnyi n’ubundi agomba kwitabaza aribo agenzura cyane.

Mu bakinnyi 11 bashobora kubanza mu kibuga ntagihindutse barimo; Ndoli Jean Claude (GK), Serumogo Ally, Ahoyikuye Jean Paul, Rwabuhihi Aimée Placide, Ngirimana Alex, Habamahoro Vincent, Kalisa Rachid , Heron Scarla , Yamin Salum, Gyslain Armel na Nizeyimana Jean Claude.



Ishimwe Saleh mu myitozo nk'umukinnyi wa SC Kiyovu

Alain Kirasa umutoza mukuru wa Kiyovu Sport yabwiye abanyamakuru ko muri uyu mukino azaba adafite Nizeyimana Djuma kugira ngo imvune afite ku kabombankore izabanze ikire bityo ku mukino bazahuramo na APR FC azabe ameze neza.

“Twiteguye neza mu buryo bubiri kuko mu mutwe turiteguye ndetse no mu buryo bw’amayeri turiteguye. Nizeyimana yagize yari anafite dukina na Rayon Sports ariko ni kwa kundi tudafite abakinnyi bahagije bityo agina kuri Gicumbi na Bugesera FC. Byageze ku mukino wa Gicumbi FC bigaragara ko ababaye ku buryo tutafata umwanzuro wo kumukoresha”. Kirasa


Alain Kirasa umutoza mukuru wa Kiyovu Sport

AS Kigali iri ku mwanya wa karindwi (7) n’amanota 30 mu mikino 23 , iyi kipe iheruka kunganya na Bugesera FC igitego 1-1.


Habamahoro Vincent umukinnyi wo hagati muri SC Kiyovu  

Nsanzimfura Keddy umukinnyi ukiri muto ukina hagati muri SC Kiyovu akaba na kapiteni w'Amavubi U17


Serumogo Ally ukina inyuma iburyo muri SC Kiyovu 


Habihirwe Arstide umukinnyi wa Kiyovu Sport wavuye muri Mukura VS


Armel Gyslain umukinnyi ukomeye ukian ashaka ibitego muri SC Kiyovu 

SC Kiyovu iheruka gutsindwa na Gicumbi FC igitego 1-0. Kiyovu Sport iri ku mwanya wa kane n’amanota 38 mu mikino 23 ya shampiyona.

Dore uko umunsi wa 24 uteye:

Kuwa Gatanu tariki 26 Mata 2019

-Kirehe FC vs Gicumbi FC (Nyakarambi, 15h30’)

-AS Kigali vs Kiyovu SC (Stade de Kigali, 15h30’)

Kuwa Gatandatu tariki 27 Mata 2019

-FC Marines vs Musanze FC (Stade Umuganda, 15h30’

-Espoir FC vs Sunrise FC (Rusizi, 15h30’)

-APR FC vs Bugesera FC (Stade de Kigali, 15h30’)

Ku Cyumweru tariki 28 Mata 2019

-AS Muhanga vs Rayon Sports (Stade Muhanga, 15h30’)

-Mukura Victory Sports vs Police FC (Stade Huye, 15h30’)

-Etincelles FC vs Amagaju FC (Stade Umuganda, 15h30’)


      


Nzeyurwanda Djihad umunyezamu wa kabiri muri SC Kiyovu 


Ndoli Jean Claude umunyezamu wa mbere wa SC Kiyovu 


Armel Gyslain imbere ya Bunani Janvier 


Ishimwe Patrick undi munyezamu wa SC Kiyovu 


Yamini Salum ukina aca mu mpande za SC Kiyovu ari mu bakinnyi bazabanza mu kibuga 













Imyitozo irangiye nibwo abakinnyi baganiriye n'abatoza n'abayobozi b'ikipe 

PHOTOS: Saddam MIHIGO (Inyarwanda.com)







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND