RFL
Kigali

Kwibuka25: Gisagara ku Musozi wa Kabuye bibutse banashyingura imibiri 522 y'abazize Jenoside bananenga abagaragaza ubugwari-AMAFOTO

Yanditswe na: Kawera Jeannette (Kajette)
Taliki:24/04/2019 17:53
0


Mu karere ka Gisagara, umurenge wa Ndora ku musozi wa Kabuye hibutswe ndetse hanashyingurwa abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Abakomeje kugaragaza ubugwari n’abagifite ingengabitekerezo ya Jenoside banenzwe ku buryo bukabije.



Ni igikorwa cyabaye ku wa 23 Mata 2019, hakaba habanje kuba umugoroba wo kwibuka mu ijoro ryo kuwa 22 Mata 2019. Ku musozi wa Kabuye ahubatse Urwibutso rukuru rw’akarere, ni naho iki gikorwa cyabereye dore ko hiciwe imbaga itagira ingano y’Abatutsi muri Jenoside mu 1994.


Mu murenge wa Ndora bibutse abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Christine Uwayezu, umubyeyi watanze ubuhamya ni umwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yari i Kabuye ndetse yanagenze henshi ahunga. Yavuze ko ari kenshi yihakanye ubwoko bwe akiyita umuhutukazi akanagerageza kubishakira ibyangombwa kugira ngo arebe ko yakira, abo yabaga yizeyeho amakiriro ntibamufashije na gato. Bamwe mu bo bari kumwe biyahuraga mu mazi ngo bicwe nabo bagapfa abareba ariko nyuma aza gucungurwa n’ingabo zari iza RPA akaba anazishimira cyane ku gikorwa kidasanzwe bafatanyije n’Imana bagahagarika Jenoside yakorewe abatutsi.


Abaturage bo muri Ndora by'umwihariko abacitse ku icumu bitabiriye iki gikorwa

Umuhanzi Jean Marie yafashije abari aho kwibuka mu ndirimbo, harimo iyo yise 'Ihwa' avugamo ko 'ihwa ry’abacitse ku icumu rya Jenoside' nta wabarusha kumenya uburyo ribababaza, hari abasigaye ari intwaza, hari abapfakazi n’impfubyi bagendera ku mahwa abajomba ariko bagashinyiriza bagakomeza urugendo.

Madamme Karigirwa uhagarariye imiryango ifite ababo bashyinguye i Kabuye, mu ijambo rye ryuzuyemo agahinda yavuze ko ubwo umwaka ushize hashyingurwaga imibiri 43,000 bumvaga bakoze byose nta gisigaye abantu bose bashyinguwe mu cyubahiro hakurikiyeho gusa kujya bajya kwibuka. Nyamara mu gihe gito harahise haboneka imibiri 522 ari nayo bashyinguwe ku munsi w’ejo harimo imibiri 494 basanze mu cyobo kimwe ndetse ikaba yari iruhande neza rw’urwibutso.

Mu kibazo yabajije yagize ati “Ese ko byabaye kandi twabyakiriye, kuki mutatwereka aho abacu bari? Ibi bituma duhora twibaza ngo, 'Ese muracyadufitiye urwango nk'urwo mwatugaragarije mu 1994?' Yaba ari iyihe nyungu mufite mu kubahisha ?,..


Hashyinguwe imibiri 522 y'abazize Jenoside yakorewe Abatutsi

Bwana Jerome Mbonirema uhagarariye IBUKA mu karere ka Gisagara nawe mu ijambo rye yagarutse ku bakigaragarwaho n'ingengabitekerezo ya Jenoside abanenga avuga ko bitagakwiye ndetse avuga ko n'uburyo iyo mibiri yabonetse itari yaragaragajwe n'abantu ahubwo bikerekanwa n'isuka ubwo bari bari guhinga. Mu buvugizi kandi, Jerome yasabye ko bamwe mu bacitse ku icumu basanirwa amazu yenda kubagwaho, hakubakirwa abadafite aho kuba anashimira cyane Leta y'Ubumwe bw'abanyarwanda aho igejeje ikora, dore ko ubu hari kubakwa amazu ya '4 in 1' na '2 in 1' muri Gisagara, azatuzwamo abacitse ku icumu rya Jenoside batishoye. Yahamagariye inzego za Leta kutazigera na rimwe zima umucikacumu ubufasha abukeneye ndetse n'abandi banyarwanda bose muri rusange.


Jerome Mbonirema uhagarariye IBUKA mu Karere ka Gisagara

Mayor w'akarere ka Gisagara, Bwana Jerome Rutaburingoga wahaye ikaze umushyitsi mukuru, yavuze ku mateka yihariye ya Gisagara, avuga ko bamwe mu bateguye Jenoside bakomeye bavuka i Gisagara barimo Sindikubwabo n'abandi, ibyatumye abanyagisagara bumva ko batazakorwaho nyamara bakaba ari bo bishwe bikabije kuko abo bayobozi babikoze nkana ngo bahe abandi urugero nyarwo rwo kwica badashyizemo impuhwe na nkeya.


Mayor w'Akarere ka Gisagara, Jerome Rutaburingoga

Hon. Sen Charles Uyisenga wari umushyitsi Mukuru muri iki gikorwa, yatangiye yihanganisha cyane abanyagisagara, by'umwihariko abacitse ku icumu rya Jenoside yakorwe Abatutsi. Yihanganishije cyane cyane abafite ababo bagombaga gushyingurwa uwo munsi. Yabashimiye ubutwari bakomeza kugaragaza muri rya hwa wa muhanzi yaririmbye bagenderaho ariko ntibibabuze gutera intambwe, abashimira ko bazi ubusobanuro bwo kubaho anenga abagaragaza ubugwari.

Yagize ati "Abacitse ku icumu bariho kandi bazi kubaho neza no gusa neza n'ubwo bagendana ibikomere, ihwa ryabo babasha kurigenderaho, turabibashimira cyane. Bityo kandi ndanagaya cyane abakoze Jenoside n'abatarahigwaga muri icyo gihe kuko bagaragaza kubaho nabi no gusa nabi. Ahubwo se mbibarize, mufite ubwoba bw'iki ko mukomeje kugaragaza ubugwari? Mwagakwiye kwigira ku bacitse ku icumu mukabareberaho ubutwari."


Hon. Sen. Carles Uyisenga ni we wari umushyitsi Mukuru

Hon Sen Charles Uyisenga kandi, yahamagariye urubyiruko gukomeza kwigira ku mateka, bakitabira ibikorwa byose birimo gahunda za Leta, bakamenya ukuri kuzuye anasaba ababyeyi kubwiza abana ukuri, kugira ngo bazabashe kubisonurira abazavuka n'abazakura mu gihe kiri imbere kuko ibibazo bazabazwa batabisubiza batarabyize nabo. 

Yabasabye kandi kutazaha icyuho uwo ari we wese wabasubiza mu migambi mibi dore ko urubyiruko ari zo mbaraga z'igihugu. Yanenze abapfobya n'abagaragarwaho n'ingengabitekerezo ya Jenoside anagaruka ku bihano bihabwa uwo icyo cyaha cyahamye, aho afungwa igihe kitari munsi y'imyaka 5 ndetse akanacibwa ihazabu y'amafaranga atari munsi ya 500,000 Rwf.


Abahagarariye Inzego z'umutekano bitabiriye igikorwa cyo Kwibuka

Hakurikiyeho gushyingura mu cyubahiro imibiri 522 yabonetse, hashyirwa indabo ku rwibutso ndetse bunamira inzirakarengane zishyinguye i Kabuye, hacanwa n’urumuri rw’icyizere. Hahungabanye abantu 15, barimo abakobwa n’abagore n’umugabo 1; bose bakaba bahawe ubufasha bwihariye bubashoboza gukomera. Nyuma y'igikorwa cyo kwibuka no gushyingura, abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi baba i Kigali, bibumbiye mu ishyirahamwe URUGERO basuye kandi baremera abakecuru batishoboye 27 barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, babaha buri wese ibahasha irimo 18,000Frw. Ubufasha bwatanzwe bwose hamwe ni 486,000Frw.


Hashyinguwe mu cyubahiro imibiri 522 yabonetse

ANDI MAFOTO:








Bashyize indabo ku rwibutso bunamira inzirakarengane zihashyinguye




Hacanwe urumuri rw'icyizere



AMAFOTO: Muhinda Justin






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND