Jeff Bezos n’umugore we MacKenzie bemeranyijwe k bahana gatanya aho uyu mugabo yemeye gutanga arenga $35 aho bagabanye imwe mu mitungo basangiye umugore akemera guhara bimwe bakazajya bahuzwa n’inshingano za kibyeyi ndetse bakanaba inshuti zisanzwe.
Jeff ni we washinze Amazon abenshi bazi nk’iguriro
ryo kuri murandasi. Yayishinze mu 1994 nyuma y’umwaka umwe gusa akoze ubukwe n’umugore
we Ms Bezos wanayibereye umukozi mu ba mbere akaba yagumanye 4% kumigabane
bingana na $35.6bn, tuyashyize mu manyarwanda aya mafaranga yaba ari 31,523,494,875,005
Rwf kandi bomb bakomeje kugaragaza ko babyishimiye cyane kandi badatewe ipfunwe
na gatanya.
Uretse ibi ariko nta kindi kijyanye n’ubushoboziku
mafaranga bagaragaje. Bari bafitanye abana bane kandi bashimangira ko
bazakomeza guhurira ku nshingano za kibyeyi. Nyuma y’uku gutandukana, ndetse n’uyu
mugabane wo muri Amazon birasiga Ms Bezos ari umugore wa 3 mu bakize cyane ku
isi naho Jeff we akomeze uba umugabo ukize cyane ku isi nk’uko urubuga Forbes
rbigaragaza.
Ku myaka 55 Jeff Bezos afite na MacKenzie w’imyaka
48 akaba n’umwanditsi w’ibitabo bari bamaranye imyaka 26 babana nk’umugore n’umugabo.
Abinyujije ku rubuga rwe, MacKenzie yagaragaje ko yishimiye cyane gusoza
amasezerano ati “Nishimiye cyane ko nshoje
urugendo rwa gatanya y’urushako rwanjye na Jeff kandi buri wese hari uburyo
afashijemo mugenzi we.”
Ibyo MacKenzie yanyujije kuri Twitter ye
Na Bezos abinyujije kuri Twitter nawe yagaragaje ko
yishimye kandi ashimira inshuti n’abavandimwe agira ati “Ndishimye cyane ndanashimira inshuti zanjye zose n’abavandimwe kuba
baradushyigikiye mu rukundo rwacu…MacKenzie urenze abandi bose.” Yasoje
kandi agaragaza ko umugore we yari umuntu udasanzwe aho yagize ati “Ni umunyempano w’umunyabwenge cyane kandi
uzi gukunda. Kandi ejo hazaza hacu no mu bindi bihe, nzakomeza kumwigiraho
byinshi.”
Ibyo Jeff yanyujije kuri Twitter ye
Nyuma y’iri gabana riherekeza gatanya, MacKenzie
yasigiye byose umugabo we birimo kinyamakuru cya Washington Post ndetse na
ompanyi y’ingendo ya Blue Origin. Mu mwaka ushize Amazon yinjije asaga $232.8bn
ibintu byafashije cyane Jeff muri gahunda zo kubaka umuryango we aho
yakoresheje agera kuri $131bn nk’uko urubuga rwa Forbes rubigaragaza.
Igitangazamakuru cya BBC dukesha iyi nkuru, ivuga ko
ngo Jeff yari ari mu rukundo n’uwahoze ari umunyamakuru kuri Fox Tv, Lauren Sánchez
ibintu byari bimaze kurenga MacKenzie. Ibi byashyizwe hanze nyuma y’itangazo
rya gatanya ry’aba bombi ryagiye hanze muri Mutarama uyu mwaka bikaba
byaratangajwe na US Tabloid Magazine ndetse Jeff akanabihora umunyamakuru
wabyanditse nyuma akabyihakana ko ntaho yahuriye n’iyo nkuru.
Aba babaye aba mbere ku isi bakoze Gatanya iherekejwe n’ibhenze nyuma ya Alec Wildenstein n’umugore we Jocelyn wamenyekanye mu kwibagisha cyane. Aba bombi bari bakoze gatanya iherekejwe na $3.8bn mu mwaka w’1999.
TANGA IGITECYEREZO