RFL
Kigali

Akari ku mutima wa Seburikoko na Nikuze ushimira Inyarwanda.com nyuma wo kwegukana ibihembo muri Mashariki African Film Festival

Yanditswe na: Kawera Jeannette (Kajette)
Taliki:1/04/2019 17:44
3


Tariki 31 Werurwe 2019 bwo hatangwaga ibihembo bya Mashariki African Film Festival Laura Musanase uzwi nka Nikuze muri ‘City Maid’ ndetse na Gratien Niyitegeka uzwi nka Seburikoko muri filime ya ‘Seburikoko’ ni bamwe mu batsinze ndetse bagira n’icyo bavuga kuri ibyo bihembo.



Nikuze yatsindiye igihemo cy’umukinnyi mwiza mu bagore naho Seburikoko atsinda nk’umukinnyi mwiza mu bagabo. Aba bombi bahamagawe bakurikirana. Habanje guhamagarwa umukinnyi mwiza mu bagore mu cyiciro cyari cyiganjemo benshi bakina muri City Maid, uwegukanye igihembo yabaye Laura Musanase.


Nikuze niwe wabaye umukinnyi mwiza mu cyiciro cy'abagore

Abakinnyi bari mu cyiciro cy’abagore;

Antoinete UWAMAHORO yakinnye muri Seburikoko

LeocadieUWABEZA yakinnye muri Seburikoko

Nicole UWINEZA yakinnye muri City maid

Nadege UWAMWEZI yakinnye muri City maid

Laura MUSANASE yakinnye muri City maid

Saphine KIRENGA yakinnye muri Samantha

Fabiola Mukasekuru yakinnye muri Bugingo

Husna Umunyana yakinnye muri Les dieux de Karambembe

Pascaline Ingabire yakinnye muri Samantha

Mu ikanzu y’umukara igera mu mavi, ikoze akantu gasa na X mu ijosi n’inkweto ndende y’umutuku, Laura ari we Nikuze yazamutse ku rubyiniro akomerwa amashyi na benshi dore ko bamwe batari bamenye ko ari we witwa Nikuze bishimye cyane bagakoma mu mashyi kugera ageze imbere ahabwa igihembo cye n’ababishinzwe maze asaba umwanya wo kugira icyo avuga.


Abakinnyi ba City Maid n'abayikoraho bahawe igihembo

Nikuze yabanje kujyana imbere na bagenzi be bo muri City Maid ubwo begukanaga igihembo mu Cyiciro cya 'Iziwacu' maze aba ari we ufata igihembo nk'umukinnyi mukuru muri iyo filime


Nikuze yagiye imbere gufata igihembo cye

Mu ijambo rito ryari ryuzuye ishimwe n’umunezero yavuze mu rurimi rw’icyongereza ariko turi bushyire mu Kinyarwanda yagize ati “Sinzi aho nahera ariko mwumve ko nshimira cyane kandi nishimye. Ndishimye ku bw’iki gihembo, ndishimye ku bwa City Maid yatsinze, mbese sinzi…City Maid, muri aba mbere ntarigera mbona ahandi mu buzima bwanjye. Ndashimira cyane Inyarwanda.com, Afrifame, abakinnyi dukinana mwese muri City Maid ndabakunda cyane abampesheje ibi muri ab’agaciro.”


Nikuze yashyikirijwe igihembo cye maze mu ijambo rye ashimira cyane ab'ingenzi kuri we

Mu kanyamuneza abantu bari bafite kubera Nikuze ukunzwe na benshi, hiyongereyeho ibyishimo bya karundura byateye abenshi gusakuza cyane ubwo bahamagara umukinnyi mwiza mu bagabo maze abantu bose bakavugira rimwe ko ari Seburikoko nta wundi. Niko byaje kugenda koko yabaye Niyitegeka Gratien ari we Seburikoko abantu bose barahaguruka bakoma mu mashyi cyane.

Abakinnyi bari mu cyiciro cy’abagabo;

Jean Pierre GASASIRA yakinnye muri Nyabingi Series

Njoli KAYITANKOLE yakinnye muri Nyabingi Series

Gratien NIYITEGEKA yakinnye muri Seburikoko

Ernest KALISA yakinnye muri Seburikoko

Emmanuel NDAYIZEYE yakinnye muri City Maid

INYANGE Jean Paul yakinnye muri Les dieux de Karambembe

Muniru HABIYAKARE yakinnye muri Gito

Longin Irunga yakinnye muri Rurahiye

Aho Niyitegeka Gratien ari we Seburikoko yari yicaye hamwe na ba Bora, Ben na Valens bahagurutse baha inzira Seburikoko wari wambaye ipantalo y’umukara n’ishati ya Kinyafurika. Yagiye imbere ashyikirizwa igihembo aherekejwe n’amashyi n’abaririmbaga ‘Sebu’ abandi abati ‘Papa Sava’.


Bagenzi ba Seburikoko bamuhaye umwanya ngo ajye gufata igihembo cye

Amaze guhabwa igihembo yasuhuje abari aho maze arakata ngo asubire kwicara ariko abantu barasakuza cyane barahaguruka banga ko asubirayo atagize icyo avuga maze arakata ajya gufata micro arabanza araseka cyane maze agira ati “Nari nibagiwe nari ngiye (aseka) uyu mwanya nshimiye abamfashije bose nkagera kuri ibi. Seburikoko nanyuze imbere y’abandi bantu, hari abo twakinanye benshi cyane…Ndashimira cyane cyane abo dukorana, mwakoze mwese ku bw’ibi ngibi Imana ibahe umugisha.”


Seburikoko amaze gushyikirizwa igihembo abantu bamusabye kugira icyo avuga arashimira

Byagaragaye cyane ko yari ategerejwe na benshi kuko akimara gusubiza MC micro, abantu benshi bahise bahaguruka barasohoka bishimye cyane. Abarebye filime yerekanwe nyuma y’ibyo bari mbarwa.

ANDI MAFOTO:


Abo muri City Maid bagiye gufata igihembo cyabo


Nikuze asuhuza abari bagiye kumuha igihembo cye


Nikuze ahabwa igihembo cye




Seburikoko agamagawe ngo afate igikombe


Seburikoko asuhuza abagiye kumuha igihembo cye



Seburikoko ahabwa igikombe cye


Ibihembo byatanzwe muri Mashariki African Film Festival

AMAFOTO: IRADUKUNDA Dieudonne Inyarwanda.com






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Bitwayiki Emmanuel5 years ago
    Mbere nambere Ndabasuhuza Ndabakunda Nigute Nagera Muri Sinema Nyarwanda
  • Isaac Maniriho Habyarimana5 years ago
    Iyi nkuru nigitekerezo cyiza
  • Angelique Izibinkwiye2 years ago
    Ndabakunda cyane iteka nezezwa n'intambwe mutera





Inyarwanda BACKGROUND