RFL
Kigali

VIDEO: Kwambara ubusa, amafaranga, umurengwe: Ibitekerezo ku gitera abashakanye gucana inyuma

Yanditswe na: UDAHOGORA Vanessa Peace
Taliki:21/03/2019 16:46
2


Gutandukana kw’abashakanye, gucana inyuma n’ibindi bibazo byinshi byugarije ingo muri iki gihe. Ni muri urwo rwego INYARWANDA TV yaganirije bamwe mu baturage bo mu mujyi wa Kigali ngo batubwire zimwe mu mpamvu zitera abashakanye gucana inyuma.



Guca inyuma k’umwe mu bashakanye biri mu bya mbere bikurura umwiryane n’amakimbirane mu rugo. Hari igihe kandi birenga urwo rwego abashakanye bakaba banahitamo gutandukana, umuryango bakawusenya ndetse ingaruka zabyo zirakomeza zikagera no ku bana babyaye.

Ese ni iyihe mpamvu ituma abantu bashakana bakundanye hanyuma igihe kikagera umwe agaca inyuma undi, urukundo rukazima? Twegereye abantu batandukanye mu mujyi wa Kigali batubwira bimwe mu byo babona bitera iyi ngeso yo guca inyuma. Ushobora kandi nawe kudusangiza ibitekerezo byawe mu mwanya w’ahatangirwa ibitekerezo.

Kanda hano urebe ibitekerezo bya bamwe mu bo twaganiriye.







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Sylvestre5 years ago
    Ikibazo mbona gikomeye gituma abashakanye basenya nuko indangagaciro z'umuco nyarwanda zavangiwe n'imico y'ibindi bihugu (turi muri periode ya transition),ibi rero bituma: 1. Igihe umwe bashakanye adahuza n'undi ku kintu runaka ashakira igisubizo hanze y'urugo rwe (mukabari,kubaza inshuti zindi akenshi zidafite ingo cg arufite ariko nawe rwananiye n'ahandi...) 2. Kubaka mbere mu muco nyarwanda byari umwanzuro ukomeye umuntu yafataga akaba aziko agiye kubaka uko byagenda kose ariko uyu munsi aba bigize ngo ni no stress kandi burya iyo wasenye stress ziriyongera ahubwo mindset niyo ihinduka. Nshingiye kuri ibi,abashakanye bagomba kuzirikanako kugirango bubake ari uko babyawe kandi bakarerwa neza,nta rugo rusa nurundi ahubwo bubake urugo rwabo uko bisanze,kuganira kenshi,kongera gukorerana ibyo bakoranaga bagiteretana,kwiyubaha hagati yabo,gukundana,kugira umuco wo kumvako uko byagenda kose bagomba kubaka,kugira abajyanama bumvikanyweho n'impande zombi igihe byanze(bidakozwe mukavuyo),gukora cyane,n'ibindi nibyo byafasha mukabaka rugakomera.
  • John5 years ago
    Ariko ibyo gushakana, ako kanya abantu bakaba batasangira nabandi ibitsina byabo byaje bite? Amagambo ngo nujya untekereza ujye wifata mpaka ugeze murugo, njye simbyumva rwose! Njye numva umuntu yakabonanye nuwo ashatse wese igihe bombi babyumvise kimwe. Gusa urushako rukagumaho, rukagenerwa kurera abana no kubana murugo kubakibyemeranije. Kuki umugore cg umugabo yagira irari ryo kuryamana numuntu wo hanze agakumirwa? Njye simbyumva!





Inyarwanda BACKGROUND