RFL
Kigali

VIDEO: Weya Viatora ukunze kwisanga mu nganzo y’indirimbo z’agahinda yakomoje ku masezerano yagiranye na se

Yanditswe na: Kawera Jeannette (Kajette)
Taliki:27/02/2019 16:19
0


Umuhanzikazi Weya Viatora, umuhanzikazi nyarwanda uri kurushaho kumenyekana mu ndirimbo z’icyongereza n’iz’ikinyarwanda yadutangarije ko akenshi yisanga ari kuririmba indirimbo z’agahinda ndetse anakomoza ku masezerano yagiranye n’umubyeyi we.



Uyu mwana w’umukobwa ukora injyana ya POP na Traditional (Gakondo), kuri ubu amaze kugira Album yise ‘Fire Flame’ iriho indirimbo 13 muri izo zose iziri mu Kinyarwanda ni 3 gusa izindi 10 zose ziri mu Cyongereza. Mu kiganiro yagiranye n’umunyamakuru wa INYARWANDA yamubwiye ko imwe mu mpamvu akunze kuririmba mu cyongereza bigendana n’uburyo yandikamo bwiganjemo ubuvanganzo bwinshi bimugora kubonera inyito z’ikinyarwanda.

Ntabangamirwa no kuba aririmba mu cyongereza kuko ari rumwe mu ndimi zivugwa cyane. Uko yagiye u buhanzi yari amasezerano yagiranye na se aho yabikomojeho nyuma yo kutubwira iby yize mu mashui yisumbuye ati “Muri Secondaire nize Maths, Physic na Chimie (Imibare, Ubugenge n’Ubutabire) Hari amasezerano nari nagiranye na Papa ko niniga ibyo bintu (yashakaga ko niga Science cyane) kandi nanjye ntacyo byari bintwaye kubyiga, twari twarasezeranye ko nimbyiga azanyemerera nkaba umuhanzi.” Yavuze ko mbere batabyumvaga ariko ubu basigaye bamwumva cyane ndetse bakanamushyigikira cyane ko bisigaye bigaragara ko bimutunze bimubeshejeho ahubwo basigaye bamugira inama, bakanamutera imbaraga.

Weya
Weya yari yaragiranye amasezerano na se ko namara kwiga azaba umuhanzi

Kuri we imbogamizi ya mbere ahura nayo ni uko aririmba mu cyongereza kuko hari abashobora kugorwa no kumva ibyo aririmba ariko nanone bimuha amahirwe yo gufata abafana bo hanze ari nayo mpamvu ubu asigaye avanga indimbi kugira ngo atazabura abakunzi bamwe na bamwe. Kuri ubu Weya akorera muri Green Ferry Music mu buryo bwa hafi n’ubwo atarasinya muri Label cyangwa Studio yabo ariko barafatanya cyane.

Bimwe mu byo akesha umuziki yavuze ko ari uko umuziki umuhuza n’abantu benshi, yishimira cyane kumva hari abantu bamukunda kandi bakunda ibihangano bye no kuba hari abo bifasha n’abo bigeza ku rwego rw’ibyiza. Weya umufana ukomeye wa Michael Jackson dore ko ari naho yakuye imbaraga zo gukora injyana ya Pop, akunda cyane indirimbo za kera cyane cyane agakunda Cecile Kayirebwa, Rugamba Sipiriyani (indirimbo ze) ndetse na Man Martin anifuza ko bazakorana indirimbo.

Ubwo umunyamakuru wa INYARWANDA yabazaga Weya Viatora inzozi ze yamusubije mu buryo bubiri burimo ubw’umuziki aho yifuza kuzatangira kujya ajya hanze mu bindi bihugu akazenguruka akora umuziki ndetse no gushing ikigo cyo kwigisha no guhugura abantu ku muziki. Mu bundi buzima akaba yifuza kuzashinga ikigo cyita ndetse gifasha abatishoboye ndetse n’impfunga n’abagororwa.

Ku kijyanye n’insanganyamatsiko akunda kuririmbaho ubwo umunyamakuru yabimubazaga yamusubije agira ati “Sinzi niba aribyo nkunda ariko buri gihe iyo nanditse nisanga ndi kwandika ibintu bibabaje. Muri rusange nkunda ibintu bibabaje, filimi zibabaye, inkuru zibabaje…Nta n’ubwo njya mbabara kenshi ariko ibintu bibabaje akenshi nibyo bikora ku mitima y’abantu. N’ababyeyi barabizi…”

Weya
Weya Viatora akenshi yisanga ari kuririmba ibintu bibabaje

Yasoje ikiganiro ashimira cyane ababyeyi be, inshuti ze zimuhora hafi, abamushyigikira n’abakunda ibihangano bye. Yanashimiye by’umwihariko INYARWANDA kuba yamutumiye abinyujije mu ndirimbo nto cyane anizeza ko ubutaha azagaruka, Nta wamenya!

Kanda hano urebe ikiganiro Weya Viatora yatangarijebyinshi ku buzima bwe







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND