Umunsi mpuzamahanga wo kurwanya Cancer ni umunsi washyizweho n’umuryango mpuzamahanga wita ku buzima, wizihizwa kuwa 4 gashyantare buri mwaka. Wizihizwa hakorwa ubukangurambaga bwo kurwanya Cancer, gupima abantu ku bushake no kuvura indwara ya cancer.
Ni
gute uyu munsi wizihizwa?
Abaturage, Abikorera , Imiryango itegamiye kuri leta n’abayobozi
mu nzego zitandukanye mu buyobozi bwite bwa leta, bahurira hamwe kuri uyu munsi
bakaganira ngo barusheho gusobanukira n’indwara ya Cancer. Ku buryo babasha
kwipimisha,kuvura no gufata ingamba zihamye zo kwirinda.
Hakorwa ubukanguramba mu bitangazamakuru binyuranye
hagarukwa cyane ku kurwanya indwara ya cancer, mu bihugu byinshi bifashisha uyu
munsi mpuzamahanga wo kurwanya cancer bakagaragaza ingaruka zitandukanye
ziterwa na cancer ; nka Cancer y’amabere,Cancer y’ibihaha, Cancer y’uruhu,iyi
Nkondo y’umura, iya prostate n’izindi. Ubukanguramba byibanda cyane ku kwirinda
no kugabanya ingaruka ziterwa na Cancer.
Ishami ry’umuryango w’abimbye ryita ku buzima OMS,
riyobora rikanakurikira ibikorwa by’ubuzima mu muryango w’abibumbye, rikorana n’imiryango
nk’umuryango mpuzamahanga wo kurwanya
cancer mu kugaragaza ibipimo bishya by’indwara ya cancer.
Insanganyamatsiko muri iyi myaka ishize zigenda
zigaruka cyane ku kwirinda cancer no kuzahura imibereho y’abarwayi ba cancer.
Ubushakashatsi
bushya
Kugera uyu
munsi cancer nicyo kintu cya mbere gitera kandi gihitana abantu benshi ku isi
, aho iza imbere mu kwica abantu benshi kuruta intambara, Ibiza karemano n’ibindi.
Ntikunda kuvugwaho ndetse igaruka gacye mu bitangazamakuru nyamara ihitana abatari
bake. Ikintu gishimishije kurutaho ni uko uko iminsi igenda ihita ari nako
ubuvuzi bugenda butera intambwe ishimishije mu guhangana n’iyi ndwara dore ko
ubu isigaye ivurwa igakira n’ubwo bigihenze ariko intego y’uyu munsi
mpuzamahanga ni ukugirango abantu bongere batekereze ku cyakorwa ngo izabashe
kurandurwa.
Amasezerano y’i Paris niyo yemeje itariki ya 04 Gashyantare nk’umunsi mpuzamahanga wo kurwanya cancer, UICC ihuriro mpuzamahanga ryo kurwanya cancer akaba ariryo ryahawe inshingano zo guhuza ibikorwa byose by’uwo munsi.
UICC ibifashijwemo n’imiryango mpuzamahanga itandukanye
harimo na OMS yatangije umunsi mpuzamahanga wo kurwanya Cancer kuwa 04
Gashyantare 2006.
Mu itangazo ryashyizwe ahagaraga n’ishami ry’umuryango w’abibumbye
ryita ku buzima OMS kuwa 31/01/2019 rikangurira za leta n’imiryango
mpuzamahanga gukwirakwiza inkingo zirinda kwandura Indwara ya Cancer y’inkondo
y’umura ku bana b’abakobwa
Yakomeje agira ati “ Uru rukingo rumaze gukoreshwa mu bihugu 90, Kandi bigeze ku kigero gishimishije kuko usanga muri ibyo bihugu abana b’abakobwa nibura abagera kuri 90% bamaze gukingirwa ariko kandi inzira iracyari ndende kuko usanga hari abakiri kuri 25% cyane cyane mu bihugu bikiri mu nzira y’amajyambere.”
“Nitubasha gukingira umubare munini w’abana
b’abakobwa bafite imyaka hagati ya 9 na 14 mu isi, dushobora kuzarandura iri
shyano” Byatangajwe na Dr Krud mu kiganiro yagiranye ikinyamakuru cya ONU Info.
Insanganyamatsi y’uyu mwaka iragira iti
Turandure cancer y’inkondo y’umura, imbarutso y’urupfu ku bagore mu isi
TANGA IGITECYEREZO