RFL
Kigali

Mu mafu n’ubukonje butitiza, GS KIGEME ni kimwe mu bigo bimaze imyaka irenga 50 birerera u Rwanda- TWAYISUYE

Yanditswe na: UDAHOGORA Vanessa Peace
Taliki:13/05/2017 22:24
13


G.S Kigeme ni ikigo cy’itorero ry’abangilikani mu Rwanda gifashwa na leta, cyatangiye mu myaka 52 ishize, ni ukuvuga mu 1965. Ni kimwe mu bigo bizwi cyane mu Rwanda ndetse by’umwihariko mu cyahoze ari Gikongoro ni cyo cyareze benshi mu bantu bavuka mu duce twa Nyamagabe na Nyaruguru bize mu bihe byo ha mbere.



Ikintu cya mbere ukubitana nacyo ukigera muri iki kigo giherereye mu Karere ka Nyamagabe ahahoze hitwa ku Gikongoro, ni imbeho ititiza ariko abanyeshuri baba bitambukira badatitira kuko baba barabimenyereye kandi bifubitse. Iki kigo giherereye nko mu birometero 5 uturutse mu mujyi wa Nyamagabe, hafi yacyo ni ho hacumbikiwe impunzi zo mu nkambi ya Kigeme.

GSK

Aha ni ku rusengero rwa Angilikani ruherereye hafi ya G.S Kigeme

Buri kigo kigira udushya twacyo ndetse tukagenda duhindagurika uko imyaka igenda itambuka. Umwe mu bize muri iki kigo kugeza mu mwaka wa 2013 yatubwiye ko ikintu atakwibagirwa kuri iki kigo ari uko ari ho yamenyeye Imana akakira agakiza. Ngo muri iki kigo abanyeshuri bagira ubushake bwinshi bwo gusenga, ibi tukaba twaranabishimangiriwe n’umuyobozi w’iki kigo Harerimana Emmanuel uhamya ko kimwe mu bintu abanyeshuri ayobora bashyira imbere ari amasengesho.

GSK

Umuyobozi wa G.S Kigeme Harerimana Emmanuel

Ahari abanyeshuri ntihabura ibiganiro ku bijyanye n’imirire, undi wize muri G.S Kigeme yabwiye Inyarwanda.com ko mu bintu atakwibagirwa harimo igikoma kiryoshye kubi cy’uburo yanywereye muri G.S Kigeme mu mbeho yaho ya mu gitondo.

Abandi bo ngo ntibakwibagirwa itoroka riva inyuma yo ku icumbi ry’umuyobozi w’ikigo, aho ni ahitwa Nyabugezi, habaga inzira itunguka mu Kiziba hanyuma ugakomeza ukagana aho ushaka ucungana n’abayobozi ngo batagufata watorotse ikigo. Hari n’abandi batakwibagirwa indi nzira itoroka iva ahari igikoni itunguka kwa Musenyeri ubundi ugakomeza mu gasantere bita ku cyapa ukarya amandazi cyangwa ukagura ibindi ukeneye ukabona gusubira mu kigo wihisha.

Iki kigo cyatangiye kigisha abakobwa gusa ubuforomo (infirmiere), haza kuza inderabarezi, iza kwitwa G.S Kigeme muri 1990. Kuva iri shuri ryatangira kugeza muri 1994 ryayoborwaga n’abazungu b’abangilikani. Muri 1999 nibwo ryahindutse ishuri ryigisha sciences gusa, dore ko hari amashami akurikira:

Ordinary Level, Icyiciro rusange

PCB: Physics-Chemistry-Biology (Ubugenge- Ubutabire- Ibinyabuzima )

MCB: Mathematics-Chemistry-Biology (Imibare-Ubutabire-Ibinyabuzima)

PCM: Physics-Chemistry- Mathematics (Ubugenge- Ubutabire- Imibare )

MPC: Mathematics- Physics-Computer Science (Imibare- Ubugenge- Ubumenyi bwa Mudasobwa)

Ubuforomo bwavuye muri iki kigo mu mwaka wa 2004. Mu kiganiro twagiranye n’umuyobozi w’iki kigo, yatubwiye ko ubu bafite abanyeshuri 837, abakozi 36 n’abandi 18 bunganira hakiyongeraho abashinzwe umutekano 6. Abanyeshuri biga muri iki kigo ngo bafite amahirwe y’uko kiri ahantu hakonje, bityo bikabafasha kwiga neza.

GSK

G.S Kigeme ni ikigo cy'itorero rya Angilikani

Imitsindire nayo igenda neza ngo kuko mu mateka y’iki kigo kitigeze kirangwa no kugira abanyeshuri batsindwa ibizamini bya leta. Mu rwego rwo gukomeza gushishikariza abaneyshuri gushyira ingufu mu myigire yabo, iki kigo kigira gahunda yo guhemba abarangiza bujuje ikizamini cya leta aho bagenerwa sheki y’ibihumbi 50, ibi bigatera imbaraga bagenzi babo baba bitegura gukora ikizamini. Si ibyo gusa ngo kuko n’abagejeje ku manota 80 mu ishuri bahembwa, abagize macye nabo bagatumwa ababyeyi kugira ngo bafatanye kugorora umwana abashe kugera ku rwego nk’urw’abandi.

Reba iki kigo mu mafoto:

GSK

Aha ni hafi y'amarembo y'ikigo, iyi nzu ni yo abanyeshuri bariramo ariko inakoreshwa nk'inzu y'imyidagaduro

GSK

Aya ni amashuri mashya

GSK

Muri Salle inakoreshwa nka Refectoire

GSK

GSK

 

GSK

GSK

Ibikoresho byo muri za laboratwari zo muri G.S Kigeme

GSK

Twahageze ari mu masaha y'amasomo

GSK

Aha ni mu isomero  n'umukozi urishinzwe ari guha abanyeshuri ibitabo

GSK

Hakurya y'ikigo hari ibitaro bya Kigeme

GSK

Aho utungukira iyo winjiye mu kigo

GSK

Ku macumbi y'abakobwa

GSK

Ku gasantere aho imodoka igusiga iyo ugiye kuri G.S Kigeme hitwa ku CYAPA

GSK

Aka ni agasoko kegeranye no ku nkambi ibamo impunzi ku Kigeme

GSK

Abana b'impunzi bakina umupira 

Amafoto: ABAYO Sabin/Afrifame Pictures






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Sam6 years ago
    Wow Inyarwanda murakoze kunkumbuza iwacu,nize kigeme Imyaka 3 nahavuye 2009 gusa nikigo ntazibagirwa mubuzima..
  • Margo6 years ago
    Murakoze kutwibutsa ah twarerewe, Kigeme nahize imyaka 5 muri 6 nize secondaire naharangije muri 2004, promotion yacu niyo yafungiweho sciences infirmieres, nanjye niho namenyeye inzira y'agakiza nakira Yesu nk'Umwami n'Umukiza w'ubugingo kugeza nubu nkaba ngikomeje guhamya Kristo, mbonye barateye imbere nasize nta shuri rya etage rihari, ndabona barasashe n'amabuye imbere y'ahari Direction, ni byiza cyane, kuri njye rero Kigeme ni indashyikirwa, ubumenyi mfite na discipline ni ho nabikuye cyane ko nabonye ari ho nigaga cyane kurusha muri Kaminuza. Thanks
  • Tonton6 years ago
    Aho ishuri riri bahita kuw'Umurinzi
  • kibongo6 years ago
    woow!amageme kbsa!wibagiwe igikoma cy'urugano hakiyoborwa na MBAKA ariwe BUTERA DENNY@thx!kubw'iyi nkuru ramba mubyeyi waduhaye ubumenyi.
  • KUBWAYO HASSAN6 years ago
    MURAKOZE CYANE PE NAHAVUYE 2002 ARIKO MPISE NKUMBURA URUNGANO KWELI...AHO BITA KU KIGARAGE HANYIBUKIJE BYINSHI
  • U.M6 years ago
    Kigeme itanga ubumenyi, abanyeshuri baratsinda ku bwinshi ariko nishyire imbaraga mu berere no mu isuku kandi ivugurure n'inyubako kuko zirashaje, reba ayo mazu, intebe , icyapa !!! Byose birasa nabi nibivugururwe.
  • U.M6 years ago
    Kigeme nanjye narahize. Ndabuka MUKURU (Directrice Elisabeth Honoré) uburere bwiza yaduhaye, adukundisha gusenga, cyari ikigo very organized and clean. Iyo twabaga tugiye kujya muri vacances yaduhaga impanuro ngo tuzitware neza. ndibuka ijambo yajyaga akunda kubwira abakobwa: "Muzitonde un seul sailli suffit".
  • Keza6 years ago
    Muzaduhe n'amakuru y'i SHYOGWE. Naho ni mubangilikani. Nahize 1991-1994
  • Protogene6 years ago
    wow! Twishimira kubona ikigo cyacu gitera imbere .uburere bwiza twahakuye nibwo bukituyobora. Naharangirije 2015 kigeme shine everywhere
  • 6 years ago
    muzagure. intebe nziza
  • 6 years ago
    Kigeme ndahibutse kbsa nanjye narimpari 2004_2008
  • BARIHENDA Robin4 years ago
    Munkumbuje aho nabereye umuntu kuko naharerewe 2009 kugeza 2011 ariko Uburere bwaho, urugano rwaho , gusenga kwaho, nuburenganzira twahabwaga nkabana ba B.M kandi ari muri protestent. ibyo byose ni ibanga rya KIGEME.
  • ABAYISENGA JEAN POUL S4MCB2 years ago
    Kugabanya amafaranga yaminerivari





Inyarwanda BACKGROUND