RFL
Kigali

Celestin Gakwaya yasezeranye imbere y'amategeko n'umukunzi we mushya Mutesi Moreen-AMAFOTO

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:3/12/2020 23:29
0


Celestin Gakwaya wamamaye nka Nkaka muri sinema nyarwanda yasezeranye imbere y'amategeko n'umukunzi we Mutesi Moreen mu muhango wabaye kuri uyu wa Kane tariki 03 Ukuboza 2020 ubera ku Murenge Kagarama mu Karere ka Kicukiro nk'uko Nkaka yabitangarije InyaRwanda.com



Gakwaya Celestin na Mutesi Moreen bazasezerana imbere y'Imana mu birori bizaba tariki 12/12/2020. Moreen Mutesi ni we mukobwa Nkaka yasimbuje Daniella Rudasingwa yambitse impeta y'urukundo tariki 13 Werurwe 2020 nyuma bakaza gutandukana bitewe n'uko hari ibyo bateganyaga bitakunze nk'uko Gakwaya Celestin aherutse kubitangariza InyaRwanda.com.

Gakwaya wamenyekanye cyane muri filime 'Serwakira' yakinagamo yitwa Nkaka, yadutangarije ko umukunzi we mushya Mutesi Moreen ari umukobwa w'uburanga unafite indangagaciro nyarwanda hakiyongeraho n'iza Gikristo. Ati "Mutesi ni uko hejuru y'uburanga hiyongeraho indangagaciro nyarwanda n'iza Gikristo". Yavuze ko gahunda zo gutegura ubukwe bwe na Mutesi zirimbanyije.

REBA AMAFOTO YA NKANA NA MOREEN BASEZERANA IMBERE Y'AMATEGEKO


Celestin yemeye kuba umugabo wa Moreen mu buryo bwemewe n'amategeko


Moreen yemeye kuba umugore wa Celestin mu buryo bwemewe n'amategeko


Mutesi Moreen umukunzi wa Gakwaya Celestin


Gakwaya Celestin wamamaye nka Nkaka muri sinema nyarwanda


Celestin na Moreen bazasezerana imbere y'Imana kuwa 12/12/2020






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND