Kuri iki cyumweru, umuganga wihariye wa Diego Maradona yari arimo gukorwaho iperereza ku kuba yaba ari we wamwishe atabishaka nk'uko ubushinjacyaha bwo muri San Isidro hafi ya Buenos Aires bubitangaza.
Nk’uko amashusho ya televiziyo abitangaza, abapolisi bagabye
igitero baperereza ku kubaga kwa Leopoldo Luque, umuganga wihariye wa maradona bashaka
ibimenyetso bishoboka byakwerekana uburangare uyu muganga yaba yaragize mu
kumubaga ikibyimba yari afite ku bwonko.
Amakuru aturuka mu bucamanza avuga ko iperereza ryatewe n’impungenge zagaragajwe n’abakobwa batatu ba Maradona Dalma, Giannina na Jana kubera ubuvuzi yahawe ubwo yabagwaga. Amakuru aturuka ku bashinzwe iperereza aragira ati: "Iperereza ryacu rirakomeje, turimo kuvugana n’abatangabuhamya barimo n'abagize umuryango".
Luque wanze kugira icyo atangaza ubwo yavuganaga na AFP,
yari yapostinze ifoto ye na Maradona ku munsi yavuye mu bitaro nyuma y'iminsi
umunani abazwe ngo akurwe amaraso mu bwonko.
Maradona yapfuye azize indwara y'umutima ku wa gatatu,
ashyingurwa ku wa kane mu irimbi rya Jardin de Paz mu nkengero z'umurwa mukuru
wa Arijantine
TANGA IGITECYEREZO